Amakipe yitabiriye irushanwa rya FIFA Series yateye ibiti byitiriwe ibihugu byayo
Amakipe yitabiriye irushanwa rya FIFA Series yateye ibiti byitiriwe ibihugu byayo
‎Ibihugu umunani byitabiriye imikino ya FIFA Series 2026 iri kubera mu Rwanda, byifatanyije n'Abanyarwanda mu gikorwa cy'Umuganda Rusange usoza ukwezi kwa Werurwe, bitera ibiti umunani byitiriwe buri kipe ku kibuga cy'imyitozo cya FERWAFA i Remera, kuri uyu wa Gatandatu.
‎Iki gikorwa cyabereye ahaherereye hoteli n'ikibuga gishya cy'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda kizatahwa ku mugaragaro ku wa Mbere, cyitabiriwe n'abayobozi barimo Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire na Perezida wa FERWAFA Shema Ngoga Fabrice bafatanyije n'abakinnyi b'Amavubi ndetse n'abo muri Grenada, Estonia, Kenya, Tanzania, Macau, Aruba na Liechtenstein n'abaturage bo mu Murenge wa Remera.
‎Mu ijambo rye nyuma y'igikorwa, Perezida wa FERWAFA, Shema, yagaragaje ko iki ari ikimenyetso cy'amateka akomeye asizwe mu Rwanda hagamijwe kurengera ibidukikije. 
Yagize ati "Amakipe yose umunani yitabiriye imikino ya FIFA Series 2026 yagiye kuri FERWAFA mu gikorwa cy’Umuganda Rusange usanzwe uba buri wa Gatandatu wa nyuma w’ukwezi. Igikorwa twakoze cyo gutera ibiti hari ababibona nk’akantu gato, ariko ni ubuzima kuko bifite icyo byongera mu mihandagurikire y’ikirere, aho bizadufasha mu bihe biri imbere."
‎Nyuma y'uyu muganda, imikino ya FIFA Series 2026 irakomeza ku Cyumweru tariki ya 29 Werurwe 2026, aho Macau izakina na Tanzania saa 15:00 zihatanira umwanya wa gatatu mu Itsinda B kuri Kigali Pelé Stadium, naho saa 18:00 Aruba ikine na Liechtenstein ku mukino wa nyuma w'iri tsinda.
‎Ku wa Mbere tariki ya 30 Werurwe 2026, Kenya izakina na Grenada guhera saa 16:00 mu gushaka umwanya wa gatatu w’Itsinda A kuri Stade Amahoro, mbere y'uko Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda ikina na Estonia ku mukino wa nyuma utegerejwe na benshi guhera saa 19:30.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now