Uyu musore w'imyaka 22 yasinye amasezerano y'umwaka umwe ushobora kongerwaho indi ibiri kugira ngo ayimaramo imyaka itatu. Amakuru avuga ko uyu mukinnyi mpuzamahanga w'Ikipe y'Igihugu y'u Burundi azajya ahembwa umushahara ubarirwa mu bihumbi 12 by'amadolari ya Amerika ku kwezi.
Muri Sporting Club Delhi itozwa n'Umunya-Pologne Tomasz Tchórz, uyu Murundi asanzeyo undi mukinnyi mushya ari we myugariro ukomoka muri Colombia, Duván Viáfara.
Ndayishimiye yari yagize umwaka mwiza w'imikino wa 2025-26 mu Rwanda kuko yari mu bahataniraga igihembo cy'umukinnyi mwiza w'umwaka ndetse n'icy'umukinnyi muto witwaye neza.
Leave a Comment