APR FC yongereye amasezerano umutoza Taleb Abderrahim
APR FC yongereye amasezerano umutoza Taleb Abderrahim
‎Umutoza w'Ikipe ya APR FC ukomoka muri Maroc, Taleb Abderrahim, yasinye amasezerano mashya y'umwaka umwe ushobora kongerwaho undi nyuma yo kugeza iyi kipe y'Ingabo z'Igihugu ku musaruro ushimishije abayobozi.
‎Uyu mutoza yashyize umukono kuri aya masezerano mashya ku wa Gatatu kuko ayo yari afite yagombaga gusuzumwa kuva umwaka w’imikino wa 2025/2026 warangira muri Gicurasi. 
Mu mpeshyi ya 2025 yari yasinye imyaka itatu ariko impande zombi zemeranya ko nyuma ya buri mwaka hazajya hasuzumwa umusaruro yatanze mbere yo gukomeza akazi.
‎Icyizere ubuyobozi bwa APR FC bwakomeje kumugirira gishingiye ku mateka aherutse kwandika yegukana ibikombe bitatu byose mu mwaka w’imikino uheruka. Uyu Munya-Maroc yafashije iyi kipe kwegukana Igikombe cya Shampiyona ndetse n'icy'Amahoro yongeraho n'icya FERWAFA Super Cup, byatumye ashimwa cyane.
‎Ibikubiye muri aya masezerano mashya bishimangira ko umusaruro wa Taleb Abderrahim uzongera gusuzumwa ku mpera z’umwaka w’imikino wa 2026/2027 nk'uko byagenze ubu, akaba ari bwo hazafatwa umwanzuro wo kumwongerera andi masezerano cyangwa kumusezerera.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now