Ikipe y'Igihugu ya Aruba yatangiye neza imikino mpuzamahanga ya gicuti ya FIFA Series 2026 inyagira Macau ibitego 4-1 mu mukino wafunguye Itsinda B wabereye kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo, kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Werurwe 2026.
Uyu mukino watangiranye imbaraga ku ruhande rwa Aruba kuko ku munota wa gatanu gusa Carlito Fermina yafunguye amazamu ku mupira mwiza yari aherejwe na Kymani Nedd.
Macau itabashaga kwisanga mu mukino yahise yongera gukubitwa igitego cya kabiri ku munota wa 13 gitsinzwe na Jaybrien Romano ku mupira yavanye kuri Gello Robertha.
Uyu mukinnyi Jaybrien Romano wari wazonze ubwugarizi bwa Macau yongeye kuzunguza inshundura ku munota wa 16 atsinda igitego cya gatatu, ari na cyo cyasoje igice cya mbere Aruba iyoboye umukino wose.
Igice cya kabiri kigitangira Aruba yakomeje kotsa igitutu ishaka ibindi bitego byatumye ku munota wa 62 Conner van Kilsdonk wari winjiye mu kibuga asimbuye Paul Nickelson atsinda igitego cya kane nyuma yo kuroba umunyezamu wari wasohotse.
Umutoza wa Macau yakoze impinduka akura mu kibuga abakinnyi batandatu icyarimwe yinjiza abashya barimo Leong Ka Hang, ari na we wabashije gutsindira iyi kipe yo muri Aziya igitego cy'impozamarira ku munota wa 87, umukino urangira ari ibitego 4-1.
Nyuma y'uyu mukino, umutoza wa Aruba, Marvin Bermúdez, yatangaje ko baje mu Rwanda kwerekana urwego umupira w'amaguru wo mu gace ka Caraïbes ugezeho, anashimangira ko bubashye uburyo Macau ikina ariko bakabasha kuyobora umukino.
Ku rundi ruhande, umutoza wa Macau, Kenneth Kwok, yemeye ko bari mu bihe by'impinduka kandi bari bazi neza ko Aruba ibarusha imbaraga, ariko ashimangira ko guhagararira igihugu cyabo muri FIFA Series ari amateka akomeye azabafasha kuzamura abakinnyi bakiri bato.
Iyi ntsinzi yahise ihesha Aruba itike yo kuzakina umukino wa nyuma uhuza amakipe yatsinze mu Itsinda B, mu gihe Macau izahatanira umwanya wa gatatu ikina n'ikipe y'Igihugu ya Tanzania yatsinzwe na Liechtenstein igitego 1-0 kuri iyi stade ya Kigali Pelé Stadium.
Leave a Comment