Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yagize Bisengimana Justin Umutoza Mukuru wayo mushya ahawe amasezerano y’imyaka ibiri, aho aje gusimbura Mbarushimana Shaban mu rwego rwo kwiyubaka yitegura umwaka utaha w’imikino wa 2026/2027.
Iyi kipe y’Umujyi wa Kigali yemeje aya makuru y'uyu mutoza mushya binyuze mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 20 Kamena 2026.
Bisengimana yahawe amasezerano nyuma yo kugira umwaka mwiza w’imikino wa 2025/2026 muri Gicumbi FC. Yafashije iyi kipe yari ikizamuka mu Cyiciro cya Mbere kutamanuka ahubwo, ayigumisha muri BK Pro League, isoreza ku mwanya wa 12 n’amanota 38.
Uyu musaruro mwiza kandi watumye aza mu batoza bahataniye igihembo cy’Umutoza Wahize abandi mu mwaka ushize w'imikino (Coach of the Year), aho agihanganiye n’abarimo Laurențiu Reghecampf watozaga Al Hilal SC, Darko Novic wa Al Merrikh, Canisius Nshimiyimana wa Mukura VS, Haringingo Francis wa Rayon Sports na Abderrahim Taleb wa APR FC.
AS Kigali yiyambaje Bisengimana nyuma y'uko umwaka w'imikino ushize utayigendekeye neza kuko yari yabayemo ibibazo by'imiyoborere byanagize ingaruka ku musaruro, isoreza ku mwanya wa 14 n’amanota 35, nyamara ari imwe mu makipe yakundaga guhatanira guserukira u Rwanda mu mikino Nyafurika.
Kugira ngo ikipe isubirane isura yayo ibifashijwemo n'uyu mutoza mushya, yamaze kwiyubaka igura abakinnyi bashya barimo rutahizamu w'Umunya-Nigeria, Daniel Ikapo Kalu, Munyemana Alexandre, Niyigena Emmanuel ndetse na Hoziana Kenedy. Hari kandi n'abandi bongerewe amasezerano barimo Uwiduhaye Saidi, Nshimiyimana Tharcisse, Kanuma Pascal na Ndikuriyo Patient.
Uretse kuba yari avuye gutoza Gicumbi FC, Bisengimana Justin asanzwe ari umutoza ufite inararibonye mu mupira w'amaguru w'u Rwanda kuko yatoje andi makipe arimo Bugesera FC, Rutsiro FC, Espoir FC, ndetse akaba yarabaye n'umutoza wungirije wa Mashami Vincent mu Ikipe ya Police FC.
Leave a Comment