Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, tariki ya 31 Mutarama 2026, ni bwo ubuyobozi bwa CS Constantine bwatangaje ku mugaragaro ko bwamaze gusinyisha uyu mukinnyi wo hagati w’Umunyarwanda, nk’intwaro nshya izabafasha mu mikino yo kwishyura ya Shampiyona.
Iyi kipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yagize iti "Reka twakire umukinnyi wacu mushya w'Umunyarwanda Djihad Bizimana!"
Uru rugendo rushya rwa Bizimana ruje nyuma y’amasaha make cyane asezeye muri Al Ahli Tripoli SC yo muri Libya.
Ku wa Gatanu, tariki ya 30 Mutarama 2026, ni bwo yari yanditse ubutumwa asezera kuri iyi kipe yari amazemo umwaka umwe, ashimira abakinnyi bagenzi be n’abatoza ku bihe byiza bagiranye n’ibikombe bitatu begukanye.
Bizimana Djihad yerekeje muri CS Constantine mu gihe iyi kipe iri gushaka uburyo yazamuka ku rutonde rwa Shampiyona.
Nyuma y’imikino 16 imaze gukinwa muri uyu mwaka w’imikino, iyi kipe iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 23.
Akazi gakomeye kategereje Bizimana na bagenzi be bashya, ni ukugabanya ikinyuranyo cy’amanota 13 barushwa na MC Alger iyoboye urutonde rwa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Algeria (Ligue 1 Mobilis).
CS Constantine ni ikipe y’ubukombe muri Algeria dore ko yashinzwe mu 1898 ikaba imaze kwegukana ibikombe birimo bibiri bya shampiyona.
Mu mwaka ushize w’imikino, yageze mu matsinda ya CAF Confederation Cup.
Uyu musore w’imyaka 29, afite ubunararibonye, dore ko yakiniye amakipe akomeye mu Rwanda no hanze yarwo.
Yazamukiye muri Etincelles FC (kugeza 2014), akinira Rayon Sports umwaka umwe, ahita yerekeza muri APR FC yakiniye imyaka itatu.
Urugendo rwe rwo hanze yarutangiriye mu Bubiligi muri Waasland-Beveren yamazemo imyaka itatu, akomereza muri KMSK Deinze yakiniye imyaka ibiri.
Yavuye mu Bubiligi yerekeza muri Ukraine muri Kryvbas Kryvyi Rih yamazemo umwaka n’igice, mbere yo kugaruka muri Afurika muri Al Ahli Tripoli aherukamo.
Leave a Comment