Ikipe y'Igihugu ya Espagne yakatishije itike y'ijonjora rya 1/16 cy'Igikombe cy'Isi cya 2026 izamutse iyoboye Itsinda H, nyuma yo gutsinda Uruguay igitego 1-0 cyavuye ku ikosa rikomeye ry'umunyezamu Fernando Muslera, bituma iyi kipe yo muri Amerika y'Amajyepfo isezererwa mu matsinda.
Iki gitego rukumbi cyahesheje Espagne intsinzi cyabonetse ku munota wa 42 gitsinzwe na Alex Baena. Umunyezamu Muslera w'imyaka 40, yananiwe gufata neza ishoti yari ateye, umupira umuca mu ntoki uruhukira mu izamu.
Iri kosa ryatumye umutoza wa Uruguay, Marcelo Bielsa, amukuramo igice cya mbere kirangiye ashyiramo Sergio Rochet. Ni ikosa rya gatatu uyu munyezamu akoze rivamo igitego muri iri rushanwa.
Ibyago bya Uruguay byakomeje kwiyongera ubwo umukinnyi wayo Agustin Canobbio yahabwaga ikarita itukura mu minota y'inyongera. Ibi bivuze ko ari inshuro ya kabiri yikurikiranya Uruguay isezererwa mu matsinda y'Igikombe cy'Isi.
Espagne yakomeje kwerekana ubudahangarwa bwayo izamuka idatsinzwe igitego na kimwe mu mikino y'amatsinda yose uko ari itatu, ikaba izacakirana n'ikipe izaba iya kabiri mu Itsinda J hagati ya Austria cyangwa Algeria.
Leave a Comment