Marine FC yasinyishije umukinnyi wa Rayon Sports
Marine FC yasinyishije umukinnyi wa Rayon Sports

Ikipe ya Marines FC ibarizwa mu Karere ka Rubavu yasinyishije abakinnyi babiri bashya barimo rutahizamu Sindi Paul Jesus wakiniraga Rayon Sports n'umunyezamu Muhawenayo Gad wavuye muri Gorilla FC, kugira ngo ikomeze kongera imbaraga yitegura umwaka utaha w'imikino wa 2026/2027.

‎Sindi Paul w'imyaka 21 yerekeje i Rubavu nyuma y'uko amasezerano y'intizanyo yari afite muri Rayon Sports arangiye ariko ubuyobozi ntibugaragaze ubushake bwo kuyongera.

Uyu musore asinyiye Marines FC nyuma y'uko yari aherutse kubura amahirwe yo kwerekeza muri Portugal gukora igeragezwa, bitewe n'ingorane zo kubona ibyangombwa by'urugendo zatewe n'icyorezo cya Ebola.

‎Ku ruhande rwa Muhawenayo Gad, we yasinye aya masezerano nyuma yo gusoza ayo yari afitanye na Gorilla FC, aho mu mwaka ushize w'imikino yakinnye imikino 16 akinjizwa ibitego 18, ariko akagira imikino itandatu atinjijwemo igitego.

‎Aba bakinnyi bombi baje ari igisubizo mu busatirizi no mu izamu bya Marines FC yiyemeje kwitwara neza kurushaho mu mwaka utaha, nyuma y'uko isoreje ku mwanya wa munani n'amanota 45 muri Shampiyona ishize.

Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now