Pyramids yasezereye APR FC iyinyagiye
Pyramids yasezereye APR FC iyinyagiye
Pyramids yari ifite impamba y'ibitego 2-0 yakuye i Kigali ku wa Gatatu, yihariye umukino wose; ibyanatumye itsinda bitayigoye. 

Umukinnyi unyura ku ruhande, Mostafa Ziko, yafunguye amazamu habura iminota itatu gusa ngo igice cya mbere kirangire, mu gihe umukinnyi wo hagati mu kibuga, Ahmed Atef, yatsinze igitego cya kabiri n'umutwe, ahagana ku munota wa 61.

Iminota itatu gusa nyuma y'ibyo, myugariro wo ku ruhande, Mohamed Hamdy, yashimangiye intsinzi y'Abanyamisiri atsinda igitego cya gatatu, akoresheje umutwe. 

Ba rutahizamu Fiston Mayele na Mostafa Fathi babonye uburyo bwinshi bwakabaye bwongereye ikinyuranyo cy'ibitego byabonetse mu mukino, ariko ntibigeze babushyira mu nshundura zari inyuma y'umunyezamu Ishimwe Pierre. 

Pyramids izakina na Ethiopia Insurance mu ijonjora rya kabiri, tariki 17 Ukwakira. Muri izo mpera z'icyumweru Pyramids izakiniramo, ikipe y'ingabo z'u Rwanda yo izakira Mukura VS ku munsi wa kane wa Rwanda Premier League. 
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now