Umukinnyi wo hagati Niyo David ukinira Kiyovu Sports nk’intizanyo ya Intare FC, yitwaye neza mu igeragezwa arimo mu ikipe ya NK Veres Rivne yo muri Ukraine, ku buryo yamaze kwemeza ubuyobozi bwayo ko bugiye kumusinyisha amasezerano yo kuyikinira.
Uyu mukinnyi w’imyaka 19 yari amaze iminsi muri Turikiya aho iyi kipe ikina mu Cyiciro cya Mbere muri Ukraine iri gukorera umwiherero.
N’ubwo igeragezwa rye ryagombaga kurangira tariki ya 11 Gashyantare 2026, ubuhanga yagaragaje mu myitozo bwatumye iyi kipe ifata icyemezo cyo kumugumana itiriwe itegereza uwo munsi.
NK Veres Rivne yemeje ko yanyuzwe n’urwego rw’uyu Munyarwanda, igira iti “Ikipe yacu irifuza gusinyisha amasezerano uyu mukinnyi, ikamuha amahirwe yo kugaragaza ibyo ashoboye i Burayi.”
Niyo David ni umwe mu bakinnyi beza bari muri Shampiyona y’u Rwanda, aho yageze muri Kiyovu Sports muri Mutarama 2025 avuye muri Intare FC hamwe n’abandi bakinnyi batanu.
Yagize uruhare rukomeye mu gufasha Urucaca kutamanuka mu cyiciro cya kabiri umwaka ushize ubwo yari ku mwanya wa nyuma.
Kuri ubu Kiyovu Sports iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 31, aho uyu musore ufasha cyane ba rutahizamu amaze gutsinda ibitego bitatu, agatanga n’imipira ine yavuyemo ibitego muri uyu mwaka w’imikino wa 2025/2026.
Uku kwitwara neza kwatumye abengukwa n’amakipe yo hanze, ndetse mu mwaka ushize wa 2025 yahamagawe bwa mbere mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, ibishimangira ko ari umwe mu bakinnyi bato bafite ejo hazaza heza.
Leave a Comment