Ikipe y'Igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika itozwa na Mauricio Pochettino yitwaye neza mu mukino wayo wa mbere w'Igikombe cy'Isi cya 2026, inyagira Paraguay ibitego 4-1 mu mukino w'Itsinda D wabereye kuri Los Angeles Stadium imbere y'abafana barenga ibihumbi 70.
Rutahizamu Folarin Balogun wahoze akinira Arsenal ni we wigaragaje cyane muri uyu mukino kuko yatsinzemo ibitego bibiri byafashije igihugu cye gutangirana imbaraga.
Uyu musore w'imyaka 24 yabaye Umunyamerika wa kabiri utsinze ibitego birenze kimwe mu mukino w'Igikombe cy'Isi nyuma ya Bert Patenaude wabikoze mu 1930 nabwo bakina na Paraguay.
Iyi kipe yakiriye umukino yafunguye amazamu ku munota wa karindwi gusa, ibikesha igitego cyitsinzwe na myugariro wa Paraguay Damian Bobadilla, ku mupira wari uhinduwe na Weston McKennie nyuma y'akazi ka Christian Pulisic wari wazonze ba myugariro.
N'ubwo igitego cya kabiri cya Amerika cyanzwe ku munota wa 28 kubera kurarira kwa Balogun ntabwo byabaciye intege, kuko nyuma y'iminota itatu gusa uyu rutahizamu wa AS Monaco yahise atsinda igitego cya kabiri ku mupira mwiza yahawe na Pulisic wakinaga aca ku ruhande rw'ibumoso.
Mbere y'uko igice cya mbere kirangira mu minota y'inyongera, Balogun yongeye gushyiramo igitego cya gatatu ahawe umupira na Malik Tillman, acenga myugariro Omar Alderete mbere yo kuroba umunyezamu Orlando Gill, amakipe ajya kuruhuka Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziyoboye n'ibitego bitatu ku busa.
Paraguay yagerageje gushaka uburyo bwo kwishyura mu gice cya kabiri, ibona igitego kimwe rukumbi ku munota wa 73 gitsinzwe na Mauricio ukomoka muri Brésil ku mupira yahawe na Julio Enciso wahoze muri Brighton, ariko ntibyagira icyo bihindura ku ntsinzi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Umukino wenda kurangira ku munota wa munani w'inyongera, Giovanni Reyna winjiye mu kibuga asimbuye yashyizemo agashinguracumu atsinda igitego cya kane ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y'urubuga rw'amahina.
Uyu mukino w'amateka wabanjirijwe n'ibirori byo gufungura irushanwa ku mugaragaro byaririmbwemo n'abahanzi bakomeye barimo Katy Perry na Tyla ndetse byitabirwa n'ibyamamare nka David Beckham na Tom Cruise nubwo Perezida Donald Trump atagaragaye kuri iyi stade.
Iyi ntsinzi ibaye iya mbere nini Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibonye mu Gikombe cy'Isi, inganya n'iyo yabonye mu 1930 ubwo yatsindaga Paraguay n'u Bubiligi ibitego 3-0 ikaza kwegukana umwanya wa gatatu.
Biteganyijwe ko mu mikino itaha y'iri tsinda Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizahura na Australia ku wa Gatanu tariki ya 19 Kamena, mu gihe Paraguay izisobanura na Turukiya yageze muri 1/2 mu 2002, ku wa Gatandatu tariki ya 20 Kamena.
Leave a Comment