APR BBC Ikomeje Guhindura Shampiyona y’u Rwanda Akarima Kayo

APR BBC Ikomeje Guhindura Shampiyona y’u Rwanda Akarima Kayo

APR BBC Ikomeje Guhindura Shampiyona y’u Rwanda Akarima Kayo

APR BBC Ikomeje Guhindura Shampiyona y’u Rwanda Akarima Kayo
APR Basketball Club yegukanye igikombe cya Rwanda Basketball League (RBL) 2026, nyuma yo gutsinda Patriots BBC amanota 114–76 mu mukino wa kane  Wuruhererekane wabereye muri BK Arena ku wa Mbere, tariki ya 24 Kanama 2026. 

Iyi  ntsinzi yahesheje APR BBC igikombe cya kane gikurikiranya, ndetse iba inshuro ya 17 mu mateka yayo.

APR BBC yinjiye mu mukino wa kane isanzwe iyoboye Patriots imikino 3–0 mu ruhererekane rwa nyuma rwakinwaga mu buryo bwa best-of-seven, bivuze ko yari isabwa gutsinda uyu mukino umwe gusa kugira ngo yegukane igikombe.

Umukino watangiye amakipe yombi ahatana cyane, APR BBC irangiza agace ka mbere iyoboye Patriots ku manota 24–22. Mu gace ka kabiri, APR BBC yashyizemo imbaraga nyinshi, itsinda amanota 32 kuri 21 ya Patriots, bityo igice cya mbere kirangira APR iri imbere 56–43.

Nyuma y’akaruhuko, APR yakomeje kugenzura umukino. Yatsinze agace ka gatatu ku manota 25–15, mbere yo kwigaragaza cyane mu gace ka nyuma, aho yatsinze Patriots 33–18. Umukino urangira APR BBC itsinze Patriots 114–76, ihita itwara uruhererekane 4–0. 

Mu bakinnyi ba APR BBC, Adonis Filer ni we watsinze amanota menshi, agira 24, afata rebounds eshanu ndetse akora steals enye. Craig Randall II na we yatsinze amanota 24, mu gihe Mouhamadou Diagne yinjije amanota 16.

Ikipe ya APR BBC yari iyobowe n’umutoza James Maye Jr, mu gihe Patriots BBC yari itozwa na Sunny Munyandamutsa. Patriots yari yageze ku mukino wa nyuma nyuma yo gusezerera REG BBC mu mukino wa gatanu wa kimwe cya kabiri, mu gihe APR yo yari yasezereye RSSB Tigers. 

Igikombe APR BBC yatwaye muri 2026 ni icya 17 cya Rwanda Basketball League. Ikipe y’Ingabo yatwaye ibi bikombe mu myaka ya 1995, 1996, 1997, 1998, 1999, 2000, 2001, 2002, 2003, 2005, 2006, 2008, 2009, 2023, 2024, 2025 na 2026, ndetse ubu imaze gutwara shampiyona inshuro enye zikurikiranya kuva mu 2023.

APR BBC yanahawe miliyoni 15 z’amafaranga y’u Rwanda nk’igihembo cy’ikipe yatwaye shampiyona ya 2026. 

Mu bihembo byatanzwe nyuma y’umwaka w’imikino wa RBL 2026, Kennedy Garba Chingka wa Patriots yegukanye ibihembo bibiri bikomeye, aba Regular Season MVP ndetse na Defensive Player of the Year (DPOY). Sage Kwizera wa Patriots yahawe igihembo cy’umukinnyi wazamuye urwego cyane mu mikinire, ari cyo Most Improved Player of the Year (MIPOY).

Cole Elliot wa REG BBC yegukanye igihembo cy’umukinnyi watsinze amanota atatu menshi, mu gihe Damaria Franklin wa Patriots yahawe igihembo cy’umukinnyi watsinze amanota menshi muri shampiyona. Sunny Munyandamutsa wa Patriots na we yahawe igihembo cy’Umutoza w’Umwaka.

Ku rundi ruhande, Craig Randall II yahawe igihembo cya Cheetah Playoffs MVP, nyuma yo kwigaragaza mu mikino ya kamarampaka. Randall yari yagarutse muri APR mbere ya playoffs nyuma yo kugira uruhare rukomeye mu mateka ya RSSB Tigers yo kwegukana BAL 2026, aho yari yaranatowe nka BAL MVP.

Kwegukana RBL 2026 kandi bituma APR BBC ihagararira u Rwanda muri Basketball Africa League (BAL) mu mwaka wa 2027. Mugihe ibi hano itabasha kwitabira kubera izindi mpamvu patriots bbc yabaye iya kabiri niyo yahita yitabira BAL.

Ibi bibaye mu gihe RSSB Tigers ari yo yari ihagarariye u Rwanda muri BAL 2026, ikaba yaranditse amateka ubwo yabaga ikipe ya mbere y’u Rwanda yegukanye irushanwa rya Afurika, itsinze Petro de Luanda amanota 90–88 ku mukino wa nyuma wabereye muri BK Arena. 

APR BBC kandi ibaye  ikipe ya mbere itwaye shampiyona inshuro 2 itsinze iyo bari bahanganye ku mukino wa nyuma idakozemo, ni ukuvuga idatsinzwe umukino n'umwe mu myaka ya vuba.

APR BBC yabikoze bwa mbere mu 2023, itsinda REG BBC imikino 4-0. 
Indi kipe yigeze kubikora ni, REG BBC yatwaye igikombe [2020-21], itsinze Patriots BBC imikino 2-0.

Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now