Rutahizamu Fall Ngagne yashyize akadomo ku minsi 361 yari amaze adakoza umupira mu nshundura, atsinda ibitego byombi byafashije Rayon Sports kwikura imbere ya City Boys.
Ni mu mukino ubanza wa 1/8 cy'Igikombe cy'Amahoro cya 2026 wabereye kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Gatatu guhera saa Cyenda.
Uyu mukino wasize Ikipe y'Ubururu n'Umweru yitwaye neza imbere y'iyi kipe isanzwe ibarizwa mu Cyiciro cya Kabiri, nubwo yabanje kuyibera ibamba.
Uyu munya-Sénégal yafunguye amazamu ku munota wa 32 akoresheje umutwe.
Ibi byamufashije kwikuraho igisuzuguriro nyuma y'uko umunyezamu Kelly Niyonkuru wa City Boys yari amaze gukuramo uburyo bwabazwe yari yahawe na Ndayishimiye Richard.
Uku guhererekanya kwiza hagati y'aba bakinnyi bombi kwongeye kwigaragaza ku munota wa 62 w'igice cya kabiri.
Icyo gihe Fall Ngagne yabyajije umusaruro undi mupira mwiza yahawe na Ndayishimiye, ashyiramo igitego cya kabiri.
Iki gitego cyahise gishimangira intsinzi ndetse kinamugarurira icyizere imbere y'abafana ba Rayon Sports.
Muri rusange, uyu mukino watangiye Rayon Sports isatira cyane ishaka igitego hakiri kare.
Ariko ba rutahizamu bayo barimo Joachim Vinignou ndetse n'uyu Fall Ngagne bagaragazaga gushidikanya kwinshi imbere y'izamu rya City Boys yugariraga neza.
Ibi byatumye nyuma yo kwinjizwa igitego cya mbere, City Boys na yo itangira kurema uburyo bwo gushaka kwishyura.
By'umwihariko ku munota wa 38, Maurice Nshimiyimana yateye coup-franc nziza yavuye ku ikosa ryakorewe Iyabikoze Pacifique ariko umupira uca kure y'izamu.
Uyu Iyabikoze kandi yagerageje gutungura umunyezamu Ishimwe Patrick, gusa asanga ahagaze neza mbere y'uko igice cya mbere kirangira.
Mu gice cya kabiri, kugira ngo arinde abakinnyi be ndetse anongeremo amaraso mashya nyuma yo kwizera intsinzi, umutoza wa Rayon Sports yakoze impinduka mu kibuga.
Yakuye mu kibuga Nshimiyimana Emmanuel 'Kabange', Joachim Vinignou n'intwari y'umukino Fall Ngagne.
Bahaye umwanya Habimana Yves, Uwumukiza Obedi na Mugisha Didier bafashije ikipe gukomeza kotsa igitutu imbere y'izamu rya City Boys.
Icyakora, umukino warangiye nta bindi bitego byongeye kuboneka ku mpande zombi.
Mu yindi mikino ibanza ya 1/8 cy'Igikombe cy'Amahoro na yo yakinwe kuri uyu wa Gatatu, Mukura VS yatahanye intsinzi y'ibitego 2-1 imbere ya Etincelles FC.
Marines FC yanganyije na AS Kigali ibitego 2-2, Musanze FC igabana amanota na Gasogi United (1-1), naho Muhazi United inganya na Gorilla FC ubusa ku busa.














