Iri rushanwa ngarukamwaka rya Cricket rigamije kwibuka kunshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 (KWIBUKA WOMEN'S T20I TOURNAMENT 2026) ryatangiye tariki 10 Kamena, aho u Rwanda rwatangiye rutsindwa na Zimbabwe.
kuri uyu wa mbere nibwo amakipe yombi yongeye guhura, U Rwanda nirwo rwatsinze toss, gutombora kubanza kujugunya udupira (Bowling), cyangwa gutangira ukubita udupira (Batting), Maze bahitamo gutangira ba battinga arinako bashaka uko bashyiraho amanota menshi.
Zimbabwe W HPC yo ikaba yatangiye i bowlinga inashaka uko ibuza u Rwanda gushyiraho amanota menshi. U Rwanda rwasoje igice cyambere (first inning) rushyizeho amanota 131 muri over's 20, Zimbabwe HPC Ikaba yasohoye abakinnyi 6 b'u Rwanda.
Zimbabwe HPC yasabwaga gushyiraho amanota 132 ngo itsinde uyu mukino,gusa ntibyigeze biyorohera kuko muri over's 19 n'udupira 4, U Rwanda rwari rumaze gusohora abakinnyi bose ba Zimbabwe HPC(All-out), Zimbabwe ikaba yarimaze gushyiraho amanota 98, U Rwanda rukaba rwatsinze ku kinyuranyo cy'amanota 33.
Muri uyu mukino HENRIETTE Ishimwe niwe wabaye umukinnyi mwiza w'umukino.
Mu wundi mukino wabaye ikipe y'igihugu ya Brazil yongeye gutsinda ikipe y'igihugu ya Nigeria ku kinyuranyo cya wickets 7. Nigeria yari yatangiye ishyiraho amanota Ikaba yashyizeho amanota 117, Brazil ikaba yasohoye abakinnyi 5 ba Nigeria (5 Wickets). Brazil yatsinze uyu mukino Kucyinyuranyo cya wickets 7 nyuma yo gukuraho ikinyuranyo cyari cyashyizweho na Nigeria, Brazil ikaba yashyizeho amanota 120 muri over's 18 n'udupira 4, Nigeria ikaba yasohoye abakinnyi 3 b' U Rwanda.
Mu mukino wabaye ku gicamunsi ikipe y'igihugu y'U Rwanda yatsinze umukino wayo wa kabiri itsinda iya Malawi ku kinyuranyo cy'amanota 68. U Rwanda rwakoze amanota 155 muri over's 20/, Malawi ikaba yasohoye abakinnyi 5 b'U Rwanda (5 Wickets). Malawi yashyizeho amanota 87 muri over's 20,u Rwanda rusohora abakinnyi 7 (7 wickets)
Ibi byatumwe u Rwanda rufata umwanya wa mbere byagateganyo n'amanota 10 mu mikino 6, Rukurikirwa n'ikipe y'igihugu ya Zimbabwe HPC n'amanota 8 nimikino 6 bamaze gukina. Nigeria iri ku mwanya wa 3, Brazil ikaba kumwanya 4, Malawi itari yabona intsinzi n'imwe muri iri rushanwa iri k'umwanya wa 5.
Kuri uyu wa kabiri, ni akaruhuko ku makipe yose, Imikino ikazakomeza ku munsi wo kuwa gatatu,
Kuva Ku I saa 09:30 Malawi izisobanura na Zimbabwe HPC Kuva Ku I saa 09:45 Nigeria izisobanura na Zimbabwe HPC. Brazil na Malawi izisobanura kuva Ku I saa 13:30 z'igicamunsi.
Tubibutse ko imikino yose iri kubera kuri stade mpuzamahanga ya Gahanga.
Leave a Comment