Urugamba rw’igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda rwahinduye isura nyuma y’uko Al-Merrikh yigobotoye ibihe bibi yari amazemo iminsi, igatsinda mukeba wayo w’ibihe byose, Al-Hilal, ibitego 2-1 mu mukino w’ikirarane warimo ishyaka ridasanzwe.
Uyu mukino wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Kabiri, usize amakipe atatu ya mbere yegeranye cyane ku rutonde, kuko Al-Hilal ya mbere inganya amanota 38 na APR FC ya kabiri, naho Al-Merrikh ikaza ku mwanya wa gatatu n’amanota 37, bivuze ko izi zose zitandukanywa n’inota rimwe gusa.
Al-Merrikh yari yakamejeje yagize ibyago byo gutakaza abakinnyi babiri mu minota 30 ya mbere gusa kubera imvune zikomeye. Byabaye ngombwa ko Fady Sidick Coulibaly na Elmossbah Faissalabakar basohoka, uyu wa nyuma we anajyanwa kwa muganga nyuma yo kugongana n’umunyezamu.
Igice cya mbere cyarangiye Al-Merrikh iri imbere n’igitego 1-0 cya Obino Chisala wabyaje umusaruro ikosa ry’umunyezamu wa Al-Hilal, Soufiane Farid Ouédraogo, watakaje umupira mu buryo budasobanutse.
Mu gice cya kabiri, Al-Merrikh yatsinze igitego cya kabiri kuri penaliti yinjijwe na Fenohasina Gilles Razafimaro, ariko ishyaka ryaje guhinduka imirwano mu minota ya nyuma.
Al-Hilal yabonye igitego cya mbere mu nyongera gitsinzwe na Kapiteni Mohamed Yousif, ihita inabona amahirwe yo kwishyura ubwo yahabwaga penaliti ku munota wa nyuma.
Gusa, ibyishimo byabaye iby’akanya gato kuko umunyezamu wa Al-Merrikh, Ladji Brahim Sanou, yakuyemo iyo penaliti yari itewe na Yousif wari watsinze igitego.
Umukino wahise umera nk’ubaye intambara, bituma Salah Eldin Adil wa Al-Hilal ahabwa ikarita itukura nyuma yo gukubita umutwe myugariro wa Al-Merrikh, Daba Sogoba.
Umusifuzi mpuzamahanga Uwikunda Samuel yasoje umukino atanze amakarita y’umuhondo atandatu n’umutuku umwe, bishimangira uburemere bw’uyu mukino w’abakeba.
Leave a Comment