Ikipe ya APR FC yananiwe gusubira ku mwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda, nyuma yo kunganya na Kiyovu Sports igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 20 wabereye kuri Stade Amahoro, bikaba bibaye umukino wa gatatu yikurikiranya iyi kipe y’Ingabo idatsinda.
Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Gashyantare 2026, wari witabiriwe n’abafana batari bake barimo n’aba Rayon Sports bari inyuma ya Kiyovu Sports, warangiye APR FC irokowe na Denis Omedi wishyuye igitego mu minota y’inyongera, bituma itahana inota rimwe ryatumye igira 38, inganya na Al-Hilal SC ya mbere ariko igatandukanywa na yo n’umubare w’ibitego izigamye.
Igice cya mbere cyaranzwe no gucungana ku mpande zombi, aho amakipe yose yagiye abona uburyo butandukanye ariko ba myugariro n’abanyezamu bakaburizamo ibitero.
Uburyo bukomeye muri iki gice bwabonetse ku munota wa 16 ubwo Cherif Bayo wa Kiyovu yateraga ishoti rica hafi y’izamu, ndetse n’ubw’abakinnyi ba APR FC nka Hakim Kiwanuka na William Togui bananiwe kubyaza umusaruro.
Mu gice cya kabiri, abatoza bombi bakoze impinduka, Kiyovu Sports iza kubona igitego ku munota wa 80 gitsinzwe na Harerimana Abdelaziz. Uyu mukinnyi yafunguye amazamu ku mupira mwiza yahawe mu rubuga rw’amahina, aroba umunyezamu Hakizimana Adolphe wari wasohotse nabi.
APR FC yashakaga kwishyura yotsanyije igitutu mu minota ya nyuma, iza kubigeraho ku munota wa mbere w’inyongera (90+1).
Umugande Denis Omedi yafashe umupira nyuma y’ikosa yari amaze gukorerwa, atera ishoti rikomeye umunyezamu James Desire ananirwa kurihagarika, umukino urangira amakipe yombi agabanye amanota.
Kunganya uyu mukino bivuze ko APR FC yujuje imikino itatu yikurikiranya idatsinda, nyuma yo kunganya na Bugesera FC, gutsindwa na Al-Hilal SC no kunganya na Kiyovu Sports. Kuri ubu izigamye ibitego 12 mu gihe Al Hilal banganya amanota yo izigamye ibitego 31 nubwo ifite imikino 16 gusa yakinnye.
Ku rundi ruhande, inota rimwe ryabonetse ryatumye Kiyovu Sports ifata umwanya wa gatanu n’amanota 32, aho inganya na Rayon Sports iri ku mwanya wa gatandatu.
Uyu mukino kandi waranzwe n’amakarita menshi y’umuhondo bitewe n’ishyaka ryarimo, aho abayahawe barimo Ruboneka Bosco, Bukuru Christophe, Byiringiro Jean Gilbert, Uwineza Rene n’umunyezamu Hakizimana Adolphe wa APR FC.
Mu yindi mikino yabaye kuri uyu munsi wa 20, Bugesera FC yatsinze Gorilla FC ibitego 3-1, naho Marine FC inganya na Gicumbi FC igitego 1-1.
Ku mikino itaha muri Shampiyona, APR FC izakirwa na Police FC ku wa Gatanu, tariki ya 20 Gashyantare.
Leave a Comment