Ikipe ya APR FC yikuyeho igisuzuguro cy'imikino itatu yikurikiranya idatsinda, yihimura kuri Musanze FC iyitsinda ibitego 2-0 mu mukino w'umunsi wa 24 wa Shampiyona y'u Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium.
Iyi ntsinzi yafashije APR FC kwicara ku ntebe y'ubuyobozi bwa Shampiyona by'agateganyo n'amanota 46. Iyi kipe y'Ingabo z'Igihugu yahise isiga inota rimwe Al-Hilal SC yo muri Sudani, iri ku mwanya wa kabiri n'amanota 45 mu mikino 21 imaze gukina, mu gihe Musanze FC yagumye ku mwanya wa karindwi n'amanota 33.
Uyu mukino wari ishiraniro kuko mu mikino ibanza, Musanze FC yari yatsinze APR FC ibitego 3-2.
Abasore b'umutoza Abderrahim Taleb batangiye basatira cyane, babifashijwemo na Dauda Yussif wari wagarutse mu kibuga abanzamo nyuma y'ibyumweru bibiri n'igice yoherejwe gukorera mu ikipe y'abato, kubera gusiba umukino wa Kiyovu Sports.
Igice cya mbere cyaranzwe n'udushya dutandukanye turimo kubura kw'umuriro w'amatara ya stade ku munota wa 27, byatumye umukino uhagarara iminota igera kuri 15 mbere y'uko moteri icanwa amatara agasubiraho.
Igice cya kabiri kigitangira ku munota wa 51, rutahizamu Djibril Ouattara yahushije penaliti yari ahawe nyuma y'ikosa Marcel Dikoume yari amukoreye yinjira mu rubuga rw'amahina, atera umupira hejuru cyane y'izamu rya Nsabimana Jean de Dieu.
Gukomeza gushaka igitego k'iyi kipe yambara umukara n'umweru kwatanze umusaruro ku munota wa 69, ubwo Ronald Ssekiganda yafunguraga amazamu.
Uyu mukinnyi yateye mu nshundura umupira wari uvuye muri koruneri yatewe na Memel Dao, ugakubita ku mukinnyi wa Musanze FC ukamugwaho.
Mu minota y'inyongera ishyira iherezo ry'umukino ku munota wa 93, William Mel Togui yashimangiye intsinzi atsinda igitego cya kabiri, cyarangije ibyiringiro by'ikipe yatozwaga na Ruremesha Emmanuel yari yakomeje kugerageza gushaka igitego cyo kwishyura.
Ikipe ya APR FC yikuyeho igisuzuguro cy'imikino itatu yikurikiranya idatsinda, yihimura kuri Musanze FC iyitsinda ibitego 2-0 mu mukino w'umunsi wa 24 wa Shampiyona y'u Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium.
Iyi ntsinzi yafashije APR FC kwicara ku ntebe y'ubuyobozi bwa Shampiyona by'agateganyo n'amanota 46. Iyi kipe y'Ingabo z'Igihugu yahise isiga inota rimwe Al-Hilal SC yo muri Sudani, iri ku mwanya wa kabiri n'amanota 45 mu mikino 21 imaze gukina, mu gihe Musanze FC yagumye ku mwanya wa karindwi n'amanota 33.
Uyu mukino wari ishiraniro kuko mu mikino ibanza, Musanze FC yari yatsinze APR FC ibitego 3-2.
Abasore b'umutoza Abderrahim Taleb batangiye basatira cyane, babifashijwemo na Dauda Yussif wari wagarutse mu kibuga abanzamo nyuma y'ibyumweru bibiri n'igice yoherejwe gukorera mu ikipe y'abato, kubera gusiba umukino wa Kiyovu Sports.
Igice cya mbere cyaranzwe n'udushya dutandukanye turimo kubura kw'umuriro w'amatara ya stade ku munota wa 27, byatumye umukino uhagarara iminota igera kuri 15 mbere y'uko moteri icanwa amatara agasubiraho.
Igice cya kabiri kigitangira ku munota wa 51, rutahizamu Djibril Ouattara yahushije penaliti yari ahawe nyuma y'ikosa Marcel Dikoume yari amukoreye yinjira mu rubuga rw'amahina, atera umupira hejuru cyane y'izamu rya Nsabimana Jean de Dieu.
Gukomeza gushaka igitego k'iyi kipe yambara umukara n'umweru kwatanze umusaruro ku munota wa 69, ubwo Ronald Ssekiganda yafunguraga amazamu.
Uyu mukinnyi yateye mu nshundura umupira wari uvuye muri koruneri yatewe na Memel Dao, ugakubita ku mukinnyi wa Musanze FC ukamugwaho.
Mu minota y'inyongera ishyira iherezo ry'umukino ku munota wa 93, William Mel Togui yashimangiye intsinzi atsinda igitego cya kabiri, cyarangije ibyiringiro by'ikipe yatozwaga na Ruremesha Emmanuel yari yakomeje kugerageza gushaka igitego cyo kwishyura.
Leave a Comment