Igitego cy’agashinguracumu cyatsinzwe na Pape Gueye ku munota wa kane w’agace ka mbere k’iminota y’inyongera (94’), cyashyize iherezo ku nzozi za Maroc zari zimaze imyaka 50 zitegereje kongera gukora ku gikombe cya Afurika.
Uyu mukino wabereye kuri Stade Prince Moulay Abdellah i Rabat, usize amateka atazibagirana kubera ibyabaye mu minota ya nyuma y’inyongera y’igice cya kabiri.
Umusifuzi Jean-Jacques Ndala yari yongeyeho iminota umunani, ariko ku munota wa nyuma, yitabaje amashusho ya VAR yemeza ko El Hadji Malick Diouf yakuruye Brahim Diaz mu rubuga rw’amahina, atanga penaliti.
Iki cyemezo cyakuruye uburakari bukabije ku ruhande rwa Sénégal. Umutoza Pape Thiaw n’abakinnyi be basohotse mu kibuga bagaragaza ko batemera ibyemezo by’umusifuzi, bituma umukino uhagarara umwanya munini.
Si mu kibuga gusa kuko no mu bafana naho havutse imvururu, abashinzwe umutekano bahangana n’abafana ba Sénégal bashakaga kwinjira mu kibuga.
Nyuma y’igihe kinini umukino uhagaze, abakinnyi ba Sénégal bagarutse mu kibuga. Brahim Diaz, rutahizamu wa Real Madrid wari witezweho guhesha igihugu cye igikombe, yafashe inshingano zo gutera iyi penaliti ku munota wa 24 w’inyongera (90+24').
Mu buryo butunguranye, Diaz yagerageje gutera "Panenka" (kuroba umunyezamu), ariko Edouard Mendy ntiyaryama, afata uwo mupira mu buryo bworoshye cyane, ahita aba intwari ya Sénégal gutyo.
Iminota 90 isanzwe irangiye ari 0-0, hitabajwe iminota 30 y’inyongera. Ku munota wa 94, Pape Gueye, umukinnyi wa Villarreal wari wazonze Maroc mu kibuga hagati, yarekuye ishoti rikomeye n’ukuguru kw’imoso, umupira ukubita umutambiko w’izamu mbere yo kwinjira mu nshundura, Yassine Bounou ntiyamenya uko bigenze.
Maroc yagerageje kwishyura binyuze kuri Nayef Aguerd wateye umupira ku mutambiko, ariko amahirwe ntiyabasekera.
Sadio Mané, watangaje ko iyi ishobora kuba ari yo CAN ye ya nyuma, yasoje irushanwa mu byishimo bikomeye, aterura igikombe cye cya kabiri cya Afurika, nyuma y’icyo begukanye muri 2021 batsinze Misiri.
Ku rundi ruhande, Maroc yari yifitiye icyizere nk’ikipe iri ku mwanya wa mbere muri Afurika kandi yakiriye irushanwa, yongeye gutenguhwa ku mukino wa nyuma, ikaba ibaye igihugu cya kane cyakiriye irushanwa kigatsindirwa ku mukino wa nyuma.
Ibikombe bya Afurika ubu bigiye kujya i Dakar, mu gihe i Rabat basigaranye agahinda ko kubura igikombe baheruka mu 1976.
Leave a Comment