Imikino yabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Mutarama 2026, yagaragaje imbaraga z’amakipe ya Premier League yari afite intego yo kwizera imyanya mu makipe umunani ya mbere kugira ngo yirinde umunaniro wo gukina imikino ya ‘Play-offs’.
Ikipe ya Liverpool yari yasuye Olympique de Marseille mu Bufaransa, yatahanye intsinzi ikomeye y’ibitego 3-0, nubwo umukino watangiye bigoranye.
Mu gice cya mbere, amakipe yombi yasatiranye cyane, ndetse Hugo Ekitike wa Marseille atsinda igitego ku munota wa 23 ariko umusifuzi yemeza ko habayeho kurarira. Icyo abafana batazibagirwa ni igitego cyo ku munota wa mbere w’inyongera (45+1’) cyatsinzwe na Dominik Szoboszlai.
Uyu Munya-Hongrie yateye ‘Coup-franc’ ku buryo bw’ubwenge buhanitse, anyuza umupira munsi y’urukuta rw’abakinnyi ba Marseille bari basimbutse bakeka ko awunyuza hejuru. Kubera ko Marseille itari yashyize umukinnyi inyuma y’urukuta (draught excluder), umunyezamu Gerónimo Rulli yatunguwe, umupira uruhukira mu nshundura.
Mu gice cya kabiri, Liverpool yakomeje kwiharira umukino. Ku munota wa 73, myugariro Jeremie Frimpong yazamukanye umupira awuhindura imbere y’izamu, Rulli awukozaho ukuboko yitsinda igitego. Agashinguracumu katsinzwe na Cody Gakpo ku munota wa 90+3 ku mupira mwiza yahawe na Ryan Gravenberch, bituma Liverpool igira amanota 15 ku mwanya wa kane.
Kuri St James’ Park, Newcastle United yongeye kwerekana ko iwayo ari “ntavogerwa”, inyagira PSV Eindhoven ibitego 3-0.
Iyi kipe y’umutoza Eddie Howe yatangiye ishyiraho igitutu iyi kipe yo mu Buholandi, bituma umunyezamu wa PSV, Matej Kovar, akora ikosa ryo gutanga umupira nabi. Bruno Guimarães yahise awufata, awuhereza Joelinton na we awuha Yoane Wissa wafunguye amazamu ku munota wa munani.
Ku munota wa 37, Anthony Gordon yatsinze igitego cya kabiri nyuma y’irindi kosa rya myugariro wa PSV, Yarek Gasiorowski. Harvey Barnes winjiye asimbura, yashyizemo icya gatatu ku munota wa 65, yizera amanota atatu y’ingenzi.
Icyakora ibyishimo bya Newcastle byaje birimo igihu nyuma y’uko kapiteni wabo, Bruno Guimarães, asohotse mu kibuga avunitse mbere y’uko igice cya mbere kirangira, asimburwa na Lewis Miley w’imyaka 19.
Eddie Howe yavuze ko “ari ikimenyetso giteye inkeke” ku mukinnyi wabo ngenderwaho.
I Londres, Chelsea yahagorewe cyane n’ikipe ya Pafos FC yo muri Chypre yaje yugarira bikomeye (Low block). Abasore ba Liam Rosenior bihariye umupira ariko kubona izamu biba ingorabahizi.
Enzo Fernandez yatsinze igitego mu gice cya mbere ariko kirangwa kuko yasunitse myugariro Derrick Luckassen.
Byasabye gutegereza umunota wa 78, ubwo Moises Caicedo yashyiraga umutwe ku mupira wavuye muri koruneri, widunda hasi mbere yo kwinjira mu izamu.
Iyi ntsinzi y’igitego 1-0 yashyize Chelsea ku mwanya wa munani n’amanota 13, ariko irasabwa kuzitwara neza imbere ya Napoli ya Antonio Conte mu mukino usoza kugira ngo yizere kuguma mu makipe umunani ya mbere.
Mu Budage, Harry Kane yongeye kuba umucunguzi wa Bayern Munich, atsinda ibitego bibiri (ku munota wa 56 na 85) mu mukino batsinzemo Union Saint-Gilloise 2-0. Ibi byahise bihesha Bayern itike ya ⅛ cy’irangiza, aho yasanze Arsenal yari yamaze kuyibona.
Ahandi, FC Barcelona yatsinze Slavia Praha ibitego 4-2, ifata umwanya wa cyenda n’amanota 13. Bisobanuye ko Barça igomba gutegereza umukino wa nyuma izakina na FC Copenhagen cyangwa se igategereza amakosa y’amakipe ayiri imbere kugira ngo irebe ko yazamuka mu munani ya mbere.
Uko indi mikino yagenze:
- Juventus 2-0 Benfica
- Newcastle 3-0 PSV
- Athletic Club 3-2 Atalanta
- Qarabag FK 3-2 Frankfurt
- Galatasaray 1-1 Atletico Madrid
Imikino y’amatsinda izasozwa mu cyumweru gitaha, aho amakipe nka PSG na Newcastle zizahurira mu mukino w’ishiraniro uzagena uzabona itike yo kuguma mu munani ya mbere.
Leave a Comment