Umukinnyi w'Ikipe y'Igihugu ya Danemark Christian Eriksen yongeye kugwa mu kibuga at ubwenge ku munota wa 66 w'umukino wa gicuti igihugu cye cyakinagamo na Ukraine kuri Stade ya Nature Energy Park iherereye mu Mujyi wa Odense.
Uyu mukinnyi usanzwe akinira Ikipe ya Wolfsburg mu Budage yikubise hasi afashe mu gatuza. Gusa bitandukanye n'ibyabaye mu Gikombe cy'Uburayi cya 2021, kuko kuri iyi nshuro yahise yongera kugarura ubwenge nyuma y'igihe gito cyane abasha no guhaguruka.
Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Danemark ryahise ritangaza ko uyu mukino usubitswe burundu rinyujije ubutumwa ku rubuga rwa X, ryemeza ko uyu mukinnyi ameze neza.
Ryagize riti "Christian Eriksen arumva kandi ameze neza ugereranyije n'uko ibintu byari bimeze. Umukino wasubitswe."
Ubwo uyu musore yagwaga hasi, abakinnyi ba Danemark na Ukraine bahise bakora uruziga baramukikiza mu gihe umugore we Sabrina yahise yiruka yinjira mu kibuga.
Nyuma y'uko uyu mukinnyi ahagurutse abafana bari muri stade bahise bakoma amashyi menshi y'ibyishimo, mbere y'uko yinjira mu mbangukiragutabara yigenza n'amaguru ngo ajyanwe gukorerwa ibindi bizamini mu bitaro bya Odense University Hospital.
Umuganga w'Ikipe y'Igihugu ya Danemark, Morten Boesen, yasobanuye ko akuma gafasha umutima we gutera (ICD) kashyizwemo nyuma y'ikibazo yagize mu 2021, kakoze akazi kako neza karokora ubuzima bwe.
Yagize ati "Christian ameze neza kandi yasohotse mu kibuga agendesha amaguru ye. Ku byo nshobora kubona, akuma gafasha umutima we kakoze nk'uko byagombaga kugenda."
Yakomeje agira ati "Yataye ubwenge mu gihe gito ariko abugarura vuba cyane ku buryo twabashije guhita tuvugana. Ubu agiye gukorerwa ibindi bizamini mu bitaro kugira ngo hamenyekane icyateye iki kibazo."
Boesen yashimangiye ko uyu mukinnyi yabasabye gushimira bagenzi be ku bw'umutima bamweretse. Ati "Turi kuvugana na we kenshi ndetse n'abaganga bo mu bitaro. Ariko Christian ameze neza kandi yansabye kumutahiriza abakinnyi bose no kubabwira ko ameze neza."
Umutoza w'Ikipe y'Igihugu ya Danemark, Brian Riemer, yashimiye uburyo abaganga bitwaye muri icyo kibazo, anasaba abakinnyi gukomeza kunga ubumwe mu bihe nk'ibi bikomeye.
Yagize ati "Ikintu cy'ingenzi ni uko twahise tubona amakuru kuri Christian kandi umuganga wacu Morten Boesen yabyitwayemo neza cyane atubwira ko ameze neza. Tugomba gukomeza kunga ubumwe nk'uko twabikoze mu kibuga."
Leave a Comment