Rutahizamu Erling Haaland yatsinze ibitego bibiri bihesha Ikipe y'Igihugu ya Norvège itike ya 1/4 cy'Igikombe cy'Isi isezereye Brésil iyitsinze ibitego 2-1, bituma Neymar ahita asezera.
Uyu mukino wahinduye isura mu gice cya kabiri ubwo Haaland yatsindaga igitego cya mbere n'umutwe,mbere yaho atsinda icya kabiri ahawe umupira n'umunyezamu Alisson Becker.
Brésil yabonye igitego cy'impozamarira mu minota y'inyongera gitsinzwe na Neymar kuri penaliti nubwo mu gice cya mbere Bruno Guimarães yari yarase indi yakuwemo n'umunyezamu Ørjan Nyland.
Ubu Haaland amaze kuzuza ibitego birindwi muri iri rushanwa anganya na Lionel Messi ndetse na Kylian Mbappé mu gushaka igihembo cy'umukinnyi watsinze ibitego byinshi.
Uku gutsindwa kwatumye Neymar w'imyaka 34 afata icyemezo cyo gusoza urugendo rwe mu Ikipe y'Igihugu ya Brésil nyuma y'agahinda kenshi kagaragaye ubwo umukino warangiraga.
Uyu mukinnyi asoje amateka ye ari we watsindiye iri gihugu ibitego byinshi kuko yagize 80 akaba arusha Pelé ibitego bitatu. Iki gitego aheruka gutsinda cyatumye aba umukinnyi wa kabiri ukomoka muri Brésil ukoze amateka yo gutsinda mu mikino y'Igikombe cy'Isi inshuro enye.
Umutoza wa Brésil Carlo Ancelotti yagaragaje ko agiye gutangira kubaka ikipe nshya nyuma y'uko igihugu cye gikomeje kugorwa n'amakipe y'i Burayi.
Iyi ni inshuro ya gatandatu yikurikiranya Brésil isezererwa n'amakipe yo ku mugabane w'i Burayi mu mikino y'Igikombe cy'Isi. Norvège yo ikomeje kwitegura umukino wa 1/4 uzabera mu mujyi wa Miami, aho izacakirana n'ikipe izarokoka hagati y'u Bwongereza na Mexique.
Leave a Comment