Ibya Niyigena Clement wari watangajwe mu ikipe nshya byajemo kidobya
Ibya Niyigena Clement wari watangajwe mu ikipe nshya byajemo kidobya
Ubuyobozi bwa APR FC bwateye utwatsi iby’igenda rya myugariro wayo Niyigena Clement mu kipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani, nyuma y’amasaha make umutoza w’iyi kipe, Laurențiu Reghecampf, atangaje ko yamaze kumwegukana.

‎Ibi byabaye nk’inkuba ikubise mu bakunzi b’umupira w’amaguru, ubwo ku wa Kane tariki ya 29 Mutarama 2026, Umutoza Mukuru wa Al Hilal, Laurențiu Reghecampf, yari mu kiganiro n’itangazamakuru gitegura umukino w’umunsi wa kane w’Itsinda C muri CAF Champions League bafitanye na Mamelodi Sundowns.
‎Muri iki kiganiro cyabereye i Kigali mbere y’umukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatanu saa Tatu z'ijoro kuri Stade Amahoro, Reghecampf yavuze ko Niyigena Clement yamaze gusinyira Al Hilal SC, ndetse yiteze ko azabafasha byinshi bitewe n’uko azisanga mu ikipe.
‎Icyakora aya magambo y’umutoza yakurikiwe no kunyomoza kw’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu, yagaragaje ko ititeguye kurekura uyu myugariro w’inkingi ya mwamba.
‎Amakuru avuga ko APR FC yanze kurekura Niyigena kubera impamvu z’ingenzi ebyiri: Kubura igihe gihagije cyo kumushakira umusimbura uri ku rwego rwe, ndetse n’uko iyi kipe ifite urugamba rukomeye rwo gushaka igikombe cya Shampiyona n’amarushanwa mpuzamahanga ari imbere.
‎Ubuyobozi bwa APR FC bwasanze kurekura umwe mu bakinnyi bayo bakomeye muri iki gihe byaba ari ugutiza umurindi amakipe bahanganiye igikombe cya Shampiyona, bityo bufata umwanzuro wo kumugumana no kumwongerera amasezerano mashya.
‎Bivugwa ko Al Hilal SC yari yiteguye kurekura akayabo kugira ngo yegukane uyu myugariro w’Amavubi. Iyi kipe yo muri Sudani yari yemeye kwishyura APR FC miliyoni 120 Frw kugira ngo imurekure mu mezi atanu yari asigaje ku masezerano.
‎Ku ruhande rw’umukinnyi, yari gushyirwa ku meza miliyoni zirenga 100 Frw zo kugira ngo ashyire umukono ku masezerano n’umushahara utubutse w’ibihumbi 6$ (arenga miliyoni 8 Frw) ku kwezi, mu masezerano y’imyaka itatu n’igice.
‎Nyuma y’ibiganiro byihuse, Niyigena Clement yemeye kuguma muri APR FC ndetse akaba ari mu nzira zo kongera amasezerano. Uyu musore wari wongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Kamena 2024, asanzwe ari umwe mu bakinnyi bahembwa neza mu Rwanda, aho ahabwa ibihumbi 3500$ (arenga miliyoni 5.1 Frw) ku kwezi.
‎Kuhaguma kwa Niyigena Clement ni inkuru nziza ku bafana ba APR FC, dore ko ari umwe mu bakinnyi ngenderwaho haba mu kipe ye ndetse akaba ahamagarwa no mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now