‎Itangishaka Blaise yatorokeye muri Espagne asize bagenzi be bareba Arsenal
‎Itangishaka Blaise yatorokeye muri Espagne asize bagenzi be bareba Arsenal
‎Umutoza mu makipe y'abakiri bato ya APR FC, Itangishaka Blaise, yatorotse itsinda ry'abatoza b'Abanyarwanda bari mu mahugurwa y'umupira w'amaguru mu ikipe ya Atlético de Madrid mu gihugu cya Espagne, asize bagenzi be bareba umukino wa nyuma wa UEFA Champions League.
‎Aya makuru yamenyekanye binyuze mu kiganiro Urukiko rw'Imikino cyo kuri Radio 10, cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Kamena 2026, ubwo umunyamakuru Hitimana Claude yasobanuraga uko uyu wahoze ari umukinnyi w'Amavubi yabigenje kugira ngo abure.
‎Itangishaka w'imyaka 28 yari mu itsinda ry'abatoza 13 ryoherejwe muri Espagne binyuze mu masezerano u Rwanda rufitanye na Atlético de Madrid ngo bahabwe amahugurwa.
‎Hitimana yavuze ko bagenzi be bamutegereje bakamuheba nyuma y'uko asohotse bucece, yitwaje kujya mu bwiherero, mu mukino yarebanaga na bagenzi be, ubwo Arsenal yatsindirwaga ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League na Paris Saint Germain penaliti 4-3, nyuma y'uko iminota 120 yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.
‎Hitimana yagize ati: "Ngo yagize gutya arinyabya bagira ngo wenda agiye kwikiranura n'umubiri, wenda ko amazi yari yamuyobotse, ariko umuntu ngo baramutegereje baramuheba."
‎Iri toroka ryabaye mu gihe uwari uyoboye iri tsinda ry'abatoza, Komiseri ushinzwe Iterambere ry’Umupira w’Abagore muri FERWAFA, Nikita Gicanda Valverde, atari kumwe na bo kuko yari yagiye mu Bwongereza mu mutambagiro Arsenal yerekeyemo abafana bayo Igikombe cya Shampiyona iheruka kwegukana nyuma y'imyaka 22.
‎Hitimana na bagenzi be, Jean Claude Kanyamahanga "Kanyizo", Leonidas Ndayisaba na Allan Ruberwa, bamunenze  kubera guta inshingano ze zo gukurikirana aba batoza igihugu cyamushinze.
‎Bati "Ni agashya! Umuyobozi wari ubakuriye kumva ngo ari i Londre, utorotse atorokeye i Madrid? Ubwo ni ukuvuga ngo abantu basigaye bameze nk'ingabo zitagira umutware. Bagize nk'ikibazo, ubakuriye bakabaye babaza, yari yibereye mu mutambagiro wa Arsenal."
‎Aba banyamakuru kandi banenze Itangishaka Blaise watorotse kuko ngo ari igikorwa kigayitse cyane. Bongeyeho ko atari na bwo yari agiye hanze, bityo ko yagakwiye kugaruka akubaka icyo cyizere kizatuma ahora agenda akanagaruka.
‎Aba batoza 13 b'Abanyarwanda bari baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu bari bageze muri Espagne guhera ku wa 23 Gicurasi 2026, nyuma yo guhaguruka mu Rwanda tariki ya 17 Gicurasi 2026 bakanyura Tanzania gushaka ibyangombwa bibajyana i Madrid.
‎Muri aya mahugurwa barimo muri Espagne, bahuye n’uwahoze ari rutahizamu ukomeye i Burayi n’Ikipe y’Igihugu ya Espagne, Fernando Torres w’imyaka 42, usigaye atoza ikipe ya Atlético de Madrid B. 
‎Uyu mukinnyi wakiniye amakipe akomeye arimo Chelsea na Liverpool yahuye n'aba batoza mu myitozo, mu rwego rwo gukarishya ubumenyi bwabo hashingiwe ku rwego mpuzamahanga.
‎Itangishaka Blaise wakinaga mu kibuga hagati yinjiye mu butoza ahereye mu ikipe y'abagore ya APR WFC nyuma yo guhagarika gukina, nyuma yaho akomereza mu makipe y'abakiri bato ya APR FC.
‎Nk'umukinnyi, ubwo yari afite imyaka 13 gusa, yatoranyijwe mu bakinnyi bake bo mu Burasirazuba bw'Akarere bagiye mu irerero rya Aspire Academy muri sénégal, aho yamaze imyaka ine akinira amakipe y'abakiri bato arimo n'ayakinnye n'izikomeye nka FC Barcelona. 
Yaje kugaruka mu Rwanda akinira Marines FC kuva mu 2016 kugeza mu 2018, mbere yo kugurwa na APR FC yakiniye imyaka itanu, nyuma aza gutizwa muri AS Kigali mu mwaka w'imikino wa 2023/2024, ari na wo wasoje urugendo rwe rwo gukina.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now