Ikipe ya Manchester City yegukanye Igikombe cya EFL Cup kizwi nka Carabao Cup nyuma yo gutsinda Arsenal ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ya Wembley ku Cyumweru, tariki ya 22 Werurwe 2026.
Iyi ntsinzi yafashije umutoza Pep Guardiola kwandika amateka yo kuba uwa mbere utwaye iki gikombe inshuro eshanu, mu gihe Arsenal ya Mikel Arteta ikomeje gutegereza igikombe cya mbere kuva yatwara FA Cup mu 2020.
Uyu mukino warebwe n'abafana 88,486 waranzwe n'amakosa y'umunyezamu Kepa Arrizabalaga wabanje mu izamu rya Arsenal asimbuye David Raya usanzwe abanzamo.
Ku munota wa 60, Kepa yananiwe gufata umupira woroshye wahinduwe na Rayan Cherki, usanga Nico O'Reilly ahagaze neza awushyira mu nshundura n'umutwe.
Hashize iminota ine gusa, Nico O'Reilly yongeye kuzunguza inshundura n'umutwe ku mupira mwiza yari ahawe na Matheus Nunes, bishyira iherezo ku byiringiro bya Arsenal byo kwegukana iki gikombe nyuma y'uko igice cya mbere cyari cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.
Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, yibasiwe n'abafana ba Arsenal kubera icyemezo cyo gukoresha umunyezamu wa kabiri mu mukino w'ishiraniro nk'uyu, ariko yisobanuye avuga ko yari akwiriye kumuha umwanya kuko ari we wafashije ikipe kugera ku mukino wa nyuma.
Arteta yagize ati "Ndabyumva ariko ngomba gukora ibyo numva ko ari byo, by'ukuri kandi biboneye. Twumvikanye na Kepa kuko yakinnye irushanwa ryose, bityo byari kuba ari ukumurenganya cyane we n'ikipe gukora ibitandukanye. Amakosa ni igice cy'umupira w'amaguru kandi uyu munsi yabaye mu gihe gikomeye ku bw'amahirwe make."
Ku rundi ruhande, Pep Guardiola wari wagaragaje ibyishimo bidasanzwe ubwo ikipe ye yatsindaga ibitego, yashimiye abakinnyi be nyuma y'ibihe bigoye bari bamazemo iminsi, birimo gusezererwa muri Champions League na Real Madrid.
Guardiola yagize ati "Ni iby'agaciro kuko twagize ibyumweru bibiri bikomeye. Gutwara igikombe cya gatanu cya Carabao Cup mu myaka 10 si bibi. Buri nshuro utwaye igikombe biba bigaragara ko bitoroshye kurusha mu bihe byashize."
N'ubwo Arsenal yatakaje iki gikombe, iracyayoboye urutonde rwa Shampiyona y'u Bwongereza (Premier League), ikaba igomba gukomeza urugendo rwayo mu mukino wa 1/4 cya FA Cup izahuramo na Southampton tariki ya 4 Mata, mu gihe Manchester City izakira Liverpool muri iryo rushanwa.
Leave a Comment