Mu mukino w’ishiraniro wabereye kuri Emirates Stadium kuri iki Cyumweru, tariki ya 25 Mutarama 2026, Manchester United yongeye gutungurana ikura intsinzi y’amanota atatu ku ikipe ya Arsenal yayakiriye, iyitsinze ibitego 3-2.
Uyu mukino wasize isiganwa ry’igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza rihinduye isura, kuko Arsenal yari imaze iminsi iyoboye n’ikinyuranyo gihagije, ubu irarusha Manchester City amanota ane gusa, nyuma y’uko City nayo yari yatsinze Wolves kuwa Gatandatu.
Iyi ntsinzi kandi yazamuye Manchester United iyishyira ku mwanya wa kane.
Arsenal yatangiye umukino iri hejuru cyane, ndetse ku munota wa 29 ibona igitego cya mbere ubwo myugariro wa United, Lisandro Martinez, yitsindaga igitego ku bw’impanuka.
Icyakora ibyishimo by’abarashi (Gunners) byamaze igihe gito, kuko ku munota wa 37, Martin Zubimendi yakoze ikosa rikomeye atakaza umupira mu buryo budasobanutse. Rutahizamu Bryan Mbeumo yahise aboneraho, acenga umunyezamu David Raya mu buryo butuje, yishyurira United igitego cyo kwishyura.
Amakipe yagiye kuruhuka anganya 1-1.
Igice cya kabiri kigitangira (ku munota wa 50), United yongeye gutungurana.
Patrick Dorgu, wari wakinishijwe imbere ku ruhande rw’ibumoso, aho kuba inyuma nk’uko bimenyerewe, yarekuye ishoti riremereye ari inyuma y’urubuga rw’amahina nyuma yo guhererekanya neza na Kapiteni Bruno Fernandes. Umupira wakubise umutambiko w’izamu mbere yo kwinjira mu nshundura, biba 2-1.
Umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta, yakoze impinduka enye icyarimwe ashaka kwishyura, yinjiza abakinnyi nka Viktor Gyokeres, Eberechi Eze, Mikel Merino na Ben White.
Ibi byatanze umusaruro ku munota wa 84 ubwo Mikel Merino yishyuraga igitego cya kabiri cya Arsenal bivuye kuri koruneri.
Icyakora, ubwo abafana ba Arsenal batekerezaga ko nibura babonye inota rimwe, Matheus Cunha wari winjiye asimbura Bryan Mbeumo, yabibibagije.
Ku munota wa 87, uyu munya-Brazil yakiriye umupira mwiza wa Kobbie Mainoo, arekura ishoti rya kure (muri metero nka 23), umupira uruhukira mu nguni y’izamu, United itahana intsinzi ya 3-2 ityo.
Michael Carrick, umutoza w’agateganyo wa Manchester United, akomeje kwigaragaza nk’umutoza ushoboye imikino ikomeye.
Nyuma yo gutsinda Manchester City mu mukino wa "Derby" mu cyumweru gishize, ubu yongeye guhagarika Arsenal iwayo, ibintu bitari byoroheye abandi batoza muri uyu mwaka w’imikino.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, Carrick yagize ati "Sinakwiyitirira biriya bitego byombi byo mu minota ya nyuma. Igitego cya Pat (Dorgu) cyaturutse ku guhererekanya kwiza, ariko uburyo yagitsinze byari bitangaje. Matheus na we yinjiye mu kibuga atanga umusaruro ufatika nk’uko yabikoze mu cyumweru gishize. Birashimishije cyane kuri aba basore."
Mikel Arteta, umutoza wa Arsenal, yagaragaje kutishimira imikinire y’ikipe ye, cyane cyane amakosa y’abakinnyi ku giti cyabo, nk'iryakozwe na Zubimendi ryavuyemo igitego cya Mbeumo.
Arteta yagize ati "Birababaje cyane. Twakoze amakosa atamenyerewe muri uyu mukino kandi iyo ukinnye n’ikipe nka United ukora amakosa nk’ayo, baraguhana bikomeye. Turacyafite amanota menshi yo gukinira, tugomba gukosora ibitagenda vuba."
Kugeza ubu, Arsenal iracyayoboye urutonde rwa Premier League n’amanota ane imbere ya Manchester City, ariko gutakaza imikino n’amanota muri ubu buryo bishobora gutuma igikombe cyongera kuyica mu myanya y’intoki nk’uko byagenze mu myaka ibiri ishize.
Nyuma yo gutakaza uyu mukino ukomeye mu rugo, Arsenal irasabwa kwisuganya vuba kuko ifite akazi katoroshye imbere. Iyi kipe ya Mikel Arteta izagaruka mu kibuga hagati muri iki cyumweru, ku wa Gatatu tariki 28 Mutarama, yakira Kairat mu mikino ya UEFA Champions League saa mbiri z’ijoro, mbere yo gukomereza ku mukino wa Shampiyona izasuramo Leeds United ku wa Gatandatu.
Ku ruhande rwa Manchester United iri mu bihe byiza by’intsinzi, Michael Carrick n’abasore be bazaba bafite umwanya uhagije wo kwitegura kuko bazagaruka mu kibuga ku Cyumweru gitaha tariki ya 1 Gashyantare.
Bazaba bakirira Fulham i Old Trafford mu mukino wa Shampiyona, aho bazaba bashaka gukomeza gushimangira umwanya wabo mu makipe ane ya mbere.
Leave a Comment