Ikipe y'Igihugu y'u Bufaransa yakatishije itike y'ijonjora rya 32 (1/16) ry'Igikombe cy'Isi cya 2026 nyuma yo kunyagira Iraq ibitego 3-0. Ni umukino udasanzwe waranzwe n'ibihe bibi byatumye uhagarikwa amasaha arenga abiri, ariko rutahizamu Kylian Mbappé awigaragazamo atsinda ibitego bibiri byikurikiranya.
Uyu rutahizamu ukinira Real Madrid yafunguye amazamu ku munota wa 14 w'igice cya mbere yifashishije ishoti rikomeye. Nyuma y'ikiruhuko kidasanzwe cyatewe n'imvura nyinshi ndetse n'imirabyo byugarije Umujyi wa Philadelphia bigatuma igice cya kabiri gitinda gutangira ho amasaha abiri, u Bufaransa bwagarukanye imbaraga maze Mbappé ashyiramo igitego cya kabiri ku munota wa 54 biturutse ku makosa y'ubwugarizi bwa Iraq.
Ibi bitego byatumye Mbappé yuzuza ibitego 16 mu mikino 16 y'Igikombe cy'Isi amaze gukina mu mateka ye, akaba asigaje ibitego bibiri gusa ngo anganye na Lionel Messi uherutse gushyiraho agahigo gashya k'ibitego 18.
Igitego cya gatatu cy'agashinguracumu cyatsinzwe na Ousmane Dembélé ku munota wa 66 nyuma y'umupira mwiza yahawe na Michael Olise. Olise yakomeje kwigaragaza cyane kuko ni we watanze imipira ibiri yose yavuyemo ibitego (assists) muri uyu mukino.
U Bufaransa bwahise bukomeza kuyobora Itsinda I n'amanota atandatu n'itike yo gukomeza, mu gihe Iraq isigaye ku mwanya wa nyuma nta nota na rimwe. Mu mukino wa nyuma w'amatsinda, u Bufaransa buzacakirana na Norvège, naho Iraq ihure na Sénégal.
Leave a Comment