Mohamed Salah agiye gutandukana na Liverpool nyuma y'imyaka icyenda
Mohamed Salah agiye gutandukana na Liverpool nyuma y'imyaka icyenda
Rutahizamu w'Umunyamisiri, Mohamed Salah, yatangaje ku mugaragaro ko azatandukana n'ikipe ya Liverpool yo mu Bwongereza mu mpera z'uyu mwaka w'imikino wa 2025-2026 nyuma y'imyaka icyenda yari amaze yandika amateka akomeye i Anfield. 
‎Uyu mugabo w'imyaka 33 yafashe uyu mwanzuro wo kugenda ku buntu nubwo yari yongereye amasezerano y'umushahara w'ibihumbi 400 by'Amapawundi mu cyumweru, yagombaga kugeza mu mpeshyi ya 2027.
 Gufata uyu mwanzuro byaturutse ku mwuka mubi wavutse hagati ye n'umutoza Arne Slot wamushyize ku ntebe y'abasimbura inshuro zikurikiranya mu mikino irimo uwa Eintracht Frankfurt n'uwa Leeds United.
‎Mu kiganiro gikomeye yagiranye n'itangazamakuru nyuma y'umukino wa Leeds United mu Ukuboza umwaka ushize, Salah yumvikanye avuga ko umubano we n'umutoza wajemo igitotsi ndetse ashinja abayobozi b'ikipe kumugira igitambo no gushaka kumwirukana. 
Ibi byatumye akurwa mu bakinnyi bakinnye na Inter Milan muri Champions League mbere y'uko asubira mu kibuga avuye mu Gikombe cya Afurika (AFCON).
‎Ibi bibazo byahuriranye n'uko Liverpool yari yamaze kugaragaza ko itagishingiye kuri Salah wenyine mu busatirizi, dore ko mu mpeshyi ishize yaguze abandi bakinnyi bashya barimo Alexander Isak, Florian Wirtz na Hugo Ekitike batanzweho miliyoni 450 z'Amapawundi. 
‎Mu mashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze asezera ku bafana b'iyi kipe yambara umutuku, Salah yavuze ko atigeze atekereza ukuntu Liverpool izamubera umuryango we n'umujyi wose muri rusange. 
Yagize ati "Iki ni igice cya mbere cyo gusezera kwanjye kuko nzava muri Liverpool mu mpera z'umwaka w'imikino. Kugenda ntibijya byoroha, ariko aha hazahora ari mu rugo. Mwampaye ibihe byiza mu buzima bwanjye kandi nzahora ndi umwe muri mwe." 
‎Uhagarariye uyu mukinnyi mu by'amategeko, Ramy Abbas, yemeje aya makuru y'igenda rye, ariko ashimangira ko kugeza ubu nta kipe n'imwe baramenya uyu mukinnyi azerekezamo mu mwaka utaha.
‎Salah azava muri Liverpool afatwa nk'umwe mu bakinnyi beza babayeho mu mateka yayo kuva yayigeramo avuye muri AS Roma mu 2017. 
Mu mikino 435 amaze kuyikinira mu marushanwa yose, yayitsindiye ibitego 255, bimugira uwa gatatu mu bayitsindiye ibitego byinshi inyuma ya Ian Rush watsinze 346 na Roger Hunt watsinze 285. 
‎Muri Shampiyona y'u Bwongereza (Premier League), yatsinze ibitego 189 atanga n'imipira 92 yavuyemo ibitego, ibintu byamuhesheje igihembo cy'umukinnyi w'umwaka inshuro eshatu, ndetse anayobora abatsinze ibitego byinshi inshuro enye (Golden Boots). 
‎Mu myaka icyenda yamaze i Anfield yafashije Liverpool kwegukana ibikombe umunani birimo ibya Premier League bibiri na Champions League yo mu 2019.
 Nubwo hataramenyekana aho azerekeza, bishoboka ko yajya gukina muri Shampiyona ya Arabie Saoudite mu makipe nka Al Ittihad cyangwa Al Hilal yigeze kumwifuza mu myaka yashize cyangwa akaba yakwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri MLS.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now