Ikipe ya Rayon Sports yananiwe kwikura imbere ya Al-Merrikh SC banganya ibitego 0-0 mu mukino w'umunsi wa 24 wa Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere mu Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Mbere.
Uku kunganya kwatumye iyi kipe izwi nka Gikundiro iguma ku mwanya wa gatanu n'amanota 39 mu mikino 24 imaze gukina. Ntabwo byayikundiye gusubirana umwanya wa kane kuko wahise ufatwa na Police FC yagize amanota 40 nyuma yo gutsinda Gicumbi FC ibitego 2-1 mu mukino wari wabanje kuri iyi stade.
Ku rundi ruhande Al-Merrikh SC yagize amanota 45 ifata umwanya wa gatatu, aho inganya amanota na Al-Hilal SC iri ku mwanya wa kabiri. Zombi zirushwa inota rimwe gusa na APR FC iyoboye urutonde rwa shampiyona n'amanota 46.
Uyu ubaye umukino wa kane wikurikiranya Rayon Sports inganya muri iyi shampiyona nyuma y'indi mikino itatu yaherukaga kunganya na Al-Hilal SC, Musanze FC ndetse na Police FC. Ibi bitandukanye na Al-Merrikh yo yakomeje agahigo kayo ko kumara imikino 19 yikurikiranya idatsindwa mu marushanwa yose.
Umukino waranzwe n'ishyaka ku mpande zombi no gusatirana cyane ariko abakinnyi bananirwa kubyaza umusaruro amahirwe babonye imbere y'izamu.
Umunyezamu Kwizera Olivier yafashije Rayon Sports gukomeza kuguma mu mukino ubwo yakuragamo amashoti akomeye yaterwaga n'abakinnyi ba Al-Merrikh barimo Gilles Razafimaro na Mohamed Gbane.
Ikipe ya Rayon Sports na yo yabonye uburyo bwabazwe ku munota wa 62 ubwo Uwumukiza Obed yahinduraga umupira mwiza, ariko Sindi Paul Jesus warebanaga n'izamu ryambaye ubusa awuteresha umutwe ujya hejuru gato y'izamu.
Amakipe yombi yakomeje gukora impinduka mu gice cya kabiri ashaka igitego cy'intsinzi ariko ubwugarizi bukomeza kuba ibamba, kugeza umusifuzi Ngabonziza Jean Paul asoje umukino amakipe yombi agabanye amanota.
Leave a Comment