Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 26 Mutarama 2026, ni bwo ubuyobozi bwa Rayon Sports binyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, bwatangaje ko uyu mukinnyi w’Amavubi yamaze gushyira umukono ku masezerano yo kuyikinira mu gice cya kabiri cya shampiyona.
Mugisha Didier yerekeje muri ‘Gikundiro’ nyuma y’igihe kitari gito atitwara neza mu ikipe y’Abashinzwe Umutekano (Police FC). Amakuru avuga ko uyu rutahizamu atisangaga neza mu mikinire y’umutoza Ben Moussa, bituma atabona umwanya uhagije wo gukina.
Kujya muri Rayon Sports kwa Mugisha kwahuriranye n’uko Police FC iherutse gusinyisha Rudasingwa Prince imukuye muri AS Kigali, ukina ku mwanya umwe na Didier.
Ibi byatumye impande zombi zemeranywa ko uyu mukinnyi yatizwa ahandi akajya gushaka umwanya wo gukina, akazagaruka mu mwaka utaha w'imikino kuko agifite amasezerano y’umwaka n’igice muri Police FC.
Mugisha yari aherutse kongera amasezerano y’imyaka ibiri muri Police FC mu mpeshyi y’umwaka ushize, icyo gihe nabwo akaba yari hafi yo kwerekeza muri Rayon Sports ariko birangira agumye mu baporisi.
Uyu rutahizamu aje ari umukinnyi wa karindwi Rayon Sports isinyishije muri uku kwezi kwa Mutarama, mu rwego rwo kwikura mu mwanya wa karindwi iriho n’amanota 26 nyuma y’imikino ibanza ya shampiyona.
Hari n'amakuru avuga ko iyi kipe isigaje gusinyisha myugariro Uwumukiza Obed ukinira Mukura VS.
Rayon Sports nshya izerekanwa bwa mbere mu kibuga ku wa Kane w’iki cyumweru, ubwo izaba icakirana na Police FC mu mikino y’Igikombe cy’Intwari.
Leave a Comment