Uyu mukino w’Umunsi wa 15 wa Shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo kuri uyu wa Gatatu, waranzwe n’imbaraga nyinshi ku mpande zombi, ariko birangira Gikundiro ikomeje kubura intsinzi mu mikino itatu yikurikiranya.
Rayon Sports yatangiye umukino ifite inyota yo gutsinda, ibifashijwemo na rutahizamu Fall Ngagne wari wagarutse mu kibuga nyuma y’amezi 11 adakina kubera imvune.
Ku munota wa munani gusa, Tambwe Gloire yafunguye amazamu ku mupira mwiza yari ahawe na Ben Aziz Dao.
Ibi byongereye imbaraga abasore ba Bruno Ferry, maze ku munota wa 33, Kitoko Likau Faustin atsinda igitego cya kabiri ku ishoti rikomeye yatereye mu rubuga rw’amahina.
Nubwo Al-Merrikh yagerageje kugaruka mu mukino ibifashijwemo na Bachir Bangoura wateye coup-franc nziza ku munota wa 18, umunyezamu Mugisha Yves yari maso, bituma igice cya mbere kirangira ari 2-0.
Mu gice cya kabiri, Al-Merrikh yagarukanye imbaraga nshya, itangira gusatira bikomeye. Ku munota wa 48, Bachir Bangoura yatsinze igitego cya mbere cya Al-Merrikh nyuma yo gusiga ba myugariro ba Rayon Sports akaroba umunyezamu Mugisha Yves.
Rayon Sports yasubiye inyuma cyane icungira ku kugarira, ariko birangira ibihombeyemo. Mu minota ya nyuma (88’), Moise Camara wari winjiye asimbura, yatsinze igitego cyo kwishyura ku mupira wari ubanje gukorwaho na Ishag Faisal, bituma umukino urangira ari 2-2.
Kunganya uyu mukino byatumye Rayon Sports iguma ku mwanya wa cyenda n’amanota 25, mu gihe imaze imikino itatu yikurikiranya idatsinda. Ku rundi ruhande, Al-Merrikh yagize amanota 32, iguma ku mwanya wa kane aho irushwa amanota atatu gusa na Al-Hilal SC iyoboye urutonde.
Tambwe Gloire wa Rayon Sports ni we watowe nk’umukinnyi w’umukino (Man of the Match) nubwo ikipe ye itabashije gutahana intsinzi.
Rayon Sports izagaruka mu kibuga ku wa Gatandatu, aho izakirwa na Mukura VS i Muhanga, mu gihe abafana bayo bakomeje kwibaza ku musaruro w’ikipe bihebeye muri iyi minsi.
Leave a Comment