Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz washinjwaga ‘kuvangira’ Bruno Ferry
Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz washinjwaga ‘kuvangira’ Bruno Ferry
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza ko yatandukanye na Haruna Ferouz wari usanzwe ari Umutoza wa Kabiri wungirije, nyuma y’amezi atandatu gusa ageze muri iyi kipe yambara ubururu n’umweru.

Uyu mutoza ukomoka mu Burundi, yari amaze iminsi atagaragara mu bikorwa by’ikipe, dore ko atigeze aboneka ku mukino uheruka Gikundiro yanganyijemo na Al-Merrikh SC ibitego 2-2 kuri uyu wa Gatatu.

Bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwemeje itandukana ry’impande zombi, bumwifuriza amahirwe masa mu rugendo rwe rukurikiyeho.

Amakuru avuga ko gutandukana na Haruna Ferouz byaturutse ku musaruro muke n’imyitwarire yagiye imuranga kuva Umutoza Mukuru mushya, Bruno Ferry, yagera muri iyi kipe.

Ferouz yashinjwaga "kuvangira" Bruno Ferry mu mitegurire y’ikipe, aho byavuzwe ko yamugiraga inama mbi zo gukinisha abakinnyi badafite urwego rwo hejuru. 

Ibi byashyizwe mu majwi nka bimwe mu byateye Rayon Sports gutsindwa na APR FC ibitego 4-1 mu mukino wa Super Cup, ndetse no kunyagirwa na Al Hilal ibitego 4-0.

Uretse ibyo, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwasanze uyu mutoza atari ku rwego rwifuzwa kugira ngo afashe ikipe kugera ku ntego zayo.

Haruna Ferouz yageze muri Rayon Sports tariki ya 15 Nyakanga 2025, aje yungirije Afhamia Lotfi na Azouz Lotfi. Nyuma y’igenda ry’aba bombi, yasigaranye ikipe nk’umutoza w’agateganyo mbere y’uko Bruno Ferry agirwa Umutoza Mukuru, naho Lomami Marcel akaba Umutoza wa Mbere wungirije.

Ferouz abaye uwa kane utandukanye na Rayon Sports muri uku kwezi kwa Mutarama, nyuma y’abakinnyi barimo Serumogo Ally, Harerimana Abdoulaziz na Adama Bagayogo werekeje muri AS Kigali.

Rayon Sports iri ku mwanya wa cyenda n’amanota 25, iritegura umukino ukomeye izasuramo Mukura VS i Muhanga ku wa Gatandatu, tariki ya 24 Mutarama 2026, ikaba imaze imikino itatu yikurikiranya idatsinda.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now