Rayon Sports yateye Gasogi United mpaga ifata umwanya wa kane muri Shampiyona ‎
Rayon Sports yateye Gasogi United mpaga ifata umwanya wa kane muri Shampiyona ‎
‎Ikipe ya Rayon Sports yateye Gasogi United mpaga y'ibitego 3-0 inahabwa amanota atatu, nyuma y'uko iyi kipe ibarizwa mu Mujyi wa Kigali yanze kwitabira umukino w'Umunsi wa 25 wa Shampiyona wari kubahuza kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Werurwe 2026.
 Uyu mukino wari wimuriwe kuri Stade Amahoro saa yine z'ijoro, uvanywe kuri Kigali Pelé Stadium aho wari uteganyijwe kubera saa cyenda z'amanywa, kugira ngo abafana babashe no gukurikira umukino wa CAF Champions League wahuzaga Al Hilal SC na RS Berkane.
‎Kutaboneka kwa Gasogi United byatumye abasifuzi barangajwe imbere na Niyeyimana Is’haq bemeza ko iyi kipe itewe mpaga nk'uko amategeko agenga Shampiyona y'u Rwanda abiteganya.
 Abakinnyi ba Rayon Sports bageze mu kibuga kare batangira kwishyushya bategereje ko umukino utangira ariko iminota 15 iteganywa n'amategeko irangira nta mukinnyi wa Gasogi United ugeze mu kibuga. 
Iyi mpaga yatumye Rayon Sports ifata umwanya wa kane n'amanota 42, mu gihe Gasogi United yagumye ku mwanya wa 12 n'amanota 26.
‎Ubuyobozi bwa Gasogi United bwatangaje ko bwahisemo kutitabira uyu mukino kuko bamenyeshejwe impinduka z'amasaha n'ikibuga habura igihe gito, binyuranyije n'amategeko avuga ko amakipe agomba kumenyeshwa impinduka nibura amasaha 48 mbere y'uko umukino uba. 
Amakuru avuga ko Gasogi United yasabye miliyoni 2 Frw nk'indishyi kugira ngo yemere gukina, nyuma y'uko bivuzwe ko Rayon Sports yahawe miliyoni 11 Frw na Al Hilal SC nk'impozamarira y'amafaranga yari kwinjiza kuri Kigali Pelé Stadium.
‎Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles uzwi nka KNC, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yashimangiye icyemezo cy'ikipe ye agira ati "Iyo udahagaze ku burenganzira bwawe, undi muntu azaza abuhagararemo. Rinda ijambo ryawe cyangwa wibure." 
Iki cyemezo gishobora kugira ingaruka zikomeye kuri Gasogi United kuko amategeko ya Rwanda Premier League ateganya ko ikipe itewe mpaga kubera kutagera ku kibuga icibwa amande ya miliyoni 2 Frw, ndetse ikaba yasezererwa mu irushanwa, ikanamanurwa mu cyiciro cyo hasi mu gihe byakongera kubaho ku nshuro ya kabiri mu mwaka umwe w'imikino.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now