‎RS Berkane yasezereye Al Hilal mu mukino w'amateka wakoreshejwemo VAR
‎RS Berkane yasezereye Al Hilal mu mukino w'amateka wakoreshejwemo VAR
Ikipe ya RS Berkane yo muri Maroc yakatishije itike ya 1/2 cya CAF Champions League nyuma yo gutsinda Al-Hilal SC yo muri Sudani igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Stade Amahoro mu Mujyi wa Kigali.
‎Iki gitego rukumbi cyatandukanyije amakipe yombi cyatsinzwe na Mounir Chouiar mu minota y'inyongera y'umukino (90+3'), cyemerera RS Berkane gukomeza ku giteranyo cy'ibitego 2-1 kuko umukino ubanza wabereye muri Maroc wari warangiye bagabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1.
‎Uyu mukino wasize amateka mashya mu Rwanda kuko ari wo wa mbere w'amarushanwa y'abakuru ukoreshejwemo ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire rizwi nka VAR.
‎Iri koranabuhanga ryakoze akazi gakomeye ku munota wa 54 ubwo Al-Hilal SC yatsindaga igitego binyuze kuri Adama Coulibali, ariko umusifuzi Abdou Abdel Mefire ukomoka muri Cameroun amaze kugisuzuma aracyanga. 
‎Uyu musifuzi yahise atanga penaliti ku ruhande rwa RS Berkane kubera ikosa ryari ryabaye mbere y'uko icyo gitego cya Al-Hilal SC gitsindwa, ari na ko aha ikarita itukura umwe mu batoza ba RS Berkane kubera kumusagarira ubwo yarebaga amashusho. 
‎Iyi penaliti yatewe na Mounir Chouiar ku munota wa 61 ikurwamo n'umunyezamu Soufiane Ouedraogo.
‎Muri rusange umukino waranzwe n'ishyaka ku mpande zombi, aho Al-Hilal SC yagerageje gushaka igitego binyuze ku bakinnyi bayo ngenderwaho barimo Umurundi Girumugisha Jean Claude, ariko ubwugarizi bwa Berkane n'umunyezamu Anas Zniti bababera ibamba. 
‎Gusezererwa kwa Al-Hilal SC kwayibujije amahirwe yo kugera muri 1/2 ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, mu gihe RS Berkane yo izahura na AS FAR y'iwabo muri Maroc mu cyiciro gikurikiyeho.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now