Ikipe ya RS Berkane yo muri Maroc yakatishije itike ya 1/2 cya CAF Champions League nyuma yo gutsinda Al-Hilal SC yo muri Sudani igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Stade Amahoro mu Mujyi wa Kigali.
Iki gitego rukumbi cyatandukanyije amakipe yombi cyatsinzwe na Mounir Chouiar mu minota y'inyongera y'umukino (90+3'), cyemerera RS Berkane gukomeza ku giteranyo cy'ibitego 2-1 kuko umukino ubanza wabereye muri Maroc wari warangiye bagabanye amanota nyuma yo kunganya igitego 1-1.
Uyu mukino wasize amateka mashya mu Rwanda kuko ari wo wa mbere w'amarushanwa y'abakuru ukoreshejwemo ikoranabuhanga ryifashishwa mu misifurire rizwi nka VAR.
Iri koranabuhanga ryakoze akazi gakomeye ku munota wa 54 ubwo Al-Hilal SC yatsindaga igitego binyuze kuri Adama Coulibali, ariko umusifuzi Abdou Abdel Mefire ukomoka muri Cameroun amaze kugisuzuma aracyanga.
Uyu musifuzi yahise atanga penaliti ku ruhande rwa RS Berkane kubera ikosa ryari ryabaye mbere y'uko icyo gitego cya Al-Hilal SC gitsindwa, ari na ko aha ikarita itukura umwe mu batoza ba RS Berkane kubera kumusagarira ubwo yarebaga amashusho.
Iyi penaliti yatewe na Mounir Chouiar ku munota wa 61 ikurwamo n'umunyezamu Soufiane Ouedraogo.
Muri rusange umukino waranzwe n'ishyaka ku mpande zombi, aho Al-Hilal SC yagerageje gushaka igitego binyuze ku bakinnyi bayo ngenderwaho barimo Umurundi Girumugisha Jean Claude, ariko ubwugarizi bwa Berkane n'umunyezamu Anas Zniti bababera ibamba.
Gusezererwa kwa Al-Hilal SC kwayibujije amahirwe yo kugera muri 1/2 ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, mu gihe RS Berkane yo izahura na AS FAR y'iwabo muri Maroc mu cyiciro gikurikiyeho.
Leave a Comment