Turukiya yasezerewe mu Gikombe cy'Isi isuzuguwe
Turukiya yasezerewe mu Gikombe cy'Isi isuzuguwe
‎Ikipe y'Igihugu ya Paraguay yasezereye Turukiya mu mikino y'Igikombe cy'Isi cya 2026 nyuma yo kuyitsinda igitego 1-0, mu mukino warangiye iyi kipe yo muri Amerika y'Epfo isigaranye abakinnyi 10 gusa mu kibuga.
‎Iki gitego rukumbi cyahesheje intsinzi Paraguay cyatsinzwe n'umukinnyi wo hagati Matias Galarza ku isegonda rya 64 gusa umukino utangiye. 
Uyu mukinnyi yarekuye ishoti rikomeye ryo hasi ari mu ntera ya metero 25, gihita kiba igitego cyihuse kurusha ibindi byose bimaze kuboneka muri iri rushanwa. Iki gitego cyakuyeho agahigo k'amasegonda 71 kari kamaze gushyirwaho na Ismael Saibari watsindiye Maroc itsinda Scotland mbere y'amasaha make.
‎Umukino wafashe isura nshya kandi igoranye kuri Paraguay mu minota y'inyongera y'igice cya mbere, ubwo Miguel Almiron yahabwaga ikarita itukura. Uyu mukinnyi yazize gushyira ikiganza ku munwa we ubwo yashwanaga na Mert Muldur ukinira Turukiya, aba abaye uwa mbere uhanishijwe iri tegeko rishya ryashyizweho muri uyu mwaka w'imikino.
‎Nubwo Paraguay yakinnye igice cya kabiri cyose ibura umukinnyi ndetse Turukiya ikayobora umukino yiharira umupira igihe kinini, yihagazeho yugarira izamu ryayo bikomeye. 
Iyi ntsinzi yagaruye icyizere ku bakinnyi ba Paraguay bari batangiye irushanwa banyagirwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibitego 4-1.
‎Gutsindwa uyu mukino wari wabereye kuri Levi’s Stadium mu Mujyi wa Santa Clara, byatumye Turukiya iba ikipe ya kabiri isezerewe mu Gikombe cy'Isi nyuma yo gutsindwa imikino ibiri yikurikiranya, ikurikira Haiti.
‎Biteganyijwe ko mu mikino ya nyuma yo mu itsinda izakinwa tariki ya 26 Kamena, Paraguay izacakirana na Australia mu gushaka itike, mu gihe Turukiya yamaze gusezererwa izakina na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri mu bihugu byakiriye irushanwa.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now