Ikipe y'Igihugu y'u Bubiligi yakatishije itike ya 1/8 cy'Igikombe cy'Isi nyuma yo kwishyura ibitego bibiri yari yatsinzwe igasezerera Senegal iyitsinze ibitego 3-2 mu minota y'inyongera y'umukino.
Senegal yari yabanje kugaragaza imbaraga iyobora umukino binyuze ku bitego byatsinzwe na Habib Diarra ndetse na Ismaïla Sarr. Icyakora u Bubiligi bwabyutse mu minota ya nyuma ubwo Romelu Lukaku wari winjiye mu kibuga asimbura yatsindaga igitego ku munota wa 86 mbere y'uko Youri Tielemans yishyura ku munota wa 89. Ibi byatumye amakipe yombi yongererwa iminota 30 y'inyongera yaje gusigira ibyishimo u Bubiligi.
Ku munota wa 125 ni bwo umusifuzi yifashishije ikoranabuhanga rya VAR atanga penaliti nyuma y'ikosa ryari rikorewe Youri Tielemans mu rubuga rw'amahina. Uyu mukinnyi ntiyazuyaje kuko yahise ayinjiza neza mu izamu, ahindura amateka yo kuba ari we utsinze igitego gitinze cyane mu Gikombe cy'Isi.
Umutoza wa Senegal yirinze kwinjira mu mpaka z'iyi penaliti, avuga ko abantu bagira ibitekerezo bitandukanye ku byemezo by'abasifuzi.
Umutoza Pape Thiaw yagaragaje akababaro kenshi agira ati "Ni ugutsindwa kubabaje kuko twari twitwaye neza ndetse twari imbere n'ibitego 2-0, ariko umukino nturangirira ku munota wa 85."
U Bubiligi buzakomeza urugendo rwabwo muri 1/8 buhura na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasezereye Bosnia-Herzegovina iyitsinze ibitego 2-0.
Leave a Comment