Ikipe y'Igihugu y'u Buholandi yihanangirije Suède iyinyagira ibitego 5-1 mu mukino w'Igikombe cy'Isi cya 2026 wabereye kuri Houston Stadium kuri uyu wa Gatandatu.
Iyi ntsinzi iremereye yabonetse ahanini ku buhanga bwa ba rutahizamu Brian Brobbey na Cody Gakpo batsinze ibitego bibiri buri wese, bihesha umutoza Ronald Koeman ishema nyuma y'uko yari yanenzwe mu mukino uheruka.
Uyu mukino watangiranye imbaraga ku ruhande rw'u Buholandi, aho Brian Brobbey, wari wahawe umwanya wo kubanza mu kibuga, yigaragaje atsinda ibitego bibiri mu minota 17 gusa ya mbere.
Igitego cya mbere yagitsinze ku mupira mwiza yari ahawe na Cody Gakpo, mu gihe icya kabiri cyaturutse ku mupira wahinduwe neza na Denzel Dumfries uturutse ku ruhande rw'iburyo.
Mu gice cya kabiri, Cody Gakpo na we yaje gushyiramo ibitego bibiri yikurikiranya harimo n'icyo yahawe na Crysencio Summerville wari winjiye asimbura ndetse waje no gutsinda igitego cya gatanu mu minota ya nyuma y'umukino.
Suède yabonye igitego cy'impozamarira cyatsinzwe na Anthony Elanga winjiye mu kibuga asimbura, nyuma yo guhabwa umupira mwiza na Alexander Isak wari wibye umupira abakinnyi b'u Buholandi.
U Buholandi bwari bwanganyije n'u Buyapani ibitego 2-2 mu mukino wabwo wa Mbere.
Uku kunyagirwa gutunguye ikipe ya Suède yatangiye irushanwa inyagira Tunisia ibitego 5-1, bikaba biyiha umukoro ukomeye wo kuzatsinda u Buyapani mu mukino wa nyuma w'amatsinda uteganyijwe ku wa Kane, niba ishaka kuguma mu irushanwa.
Leave a Comment