Yolande Makolo yashimiye RDC yabonye itike y'Igikombe cy'Isi
Yolande Makolo yashimiye RDC yabonye itike y'Igikombe cy'Isi
‎Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yashimiye Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’uko yanditse amateka yo gukatisha itike yo gukina Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma y'myaka 52 itabona ayo mahirwe.
‎Abinyujije ku rubuga rwa X uyu muyobozi yagaragaje ko siporo ihuza abantu batandukanye, asaba ko uwo mwuka w'ubumwe udakwiye guhinduka urwango. 
Yagize ati ”Umupira w’amaguru ni mwiza kuko ikipe igizwe n’abantu baturutse mu ntara zitandukanye, bavuga indimi zitandukanye kandi bafite amateka atandukanye, yambara umwambaro umwe igatuma igihugu cyose kigira inzozi. Uwo mwuka w’ubumwe ni uw’agaciro cyane ku buryo udakwiye guhinduka urwango. Mwakoze cyane! #Fimbu”.
‎Ubu butumwa buje nyuma y'uko ku wa Kabiri tariki ya 31 Werurwe 2026 iyi kipe y'igihugu yatsinze Jamaica igitego 1-0 mu mukino wa kamarampaka. 
Iki gitego kimwe rukumbi cyabonetse ku munota wa 100 gitsinzwe n'umutwe na Axel Tuanzebe ku mupira wari uvuye muri koruneri, nyuma y'uko iminota 90 yari yarangiye ari ubusa ku busa hakitabazwa inyongera.
‎Kugeza ubu, mu gihugu hose mu baturanyi byabaye ibyishimo bidasanzwe kuko Minisiteri y’Umurimo n’Abakozi yahise ishyiraho ko uyu wa Gatatu tariki ya 1 Mata 2026 uba umunsi w’ikiruhuko rusange kandi uhemberwa mu rwego rwo kwizihiza iki gikorwa cy’amateka gikomeye ku mupira w’amaguru.
‎Iyi kipe irangajwe imbere na Kapiteni Chancel Mbemba iheruka mu Gikombe cy'Isi mu 1974, ubwo igihugu cyitwaga Zaïre, kiyoborwa na Mobutu Sese Seko. 
Muri uyu mwaka wa 2026 iyi kipe izaba iri mu itsinda ririmo Portugal, Colombia na Uzbekistan, aho umukino wayo wa mbere izawukina na Portugal kuri NRG Stadium mu Mujyi wa Houston muri Leta ya Texas muri Amerika.
‎Muri uru rugendo RDC yagaragaje imbaraga zidasanzwe ikuramo ibihangange nka Nigeria na Cameroun bityo ikazaba ihagarariye Akarere ka Afurika y'Iburasirazuba no Hagati.
 Yiyongereye mu makipe 10 azahagararira Umugabane wa Afurika arimo Algeria, Afurika y'Epfo, Cap-Vert, Côte d'Ivoire, Ghana, Misiri, Maroc, Senegal ndetse na Tunisia muri iri rushanwa rizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now