Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira Ikipe ya NSN Development Team ni we wegukanye Agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026, kahagurukiye mu Mujyi wa Rubavu kerekeza i Musanze ku ntera y’ibilometero 84,1.
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare 2026, Einhorn yakoresheje amasaha abiri n'amasegonda 59 (2:00:59), atanga ku murongo mugenzi we bakinana Luke Finlay Tarling wabaye uwa kabiri, na Hodei Gabiña Muñoz wa Soudal Quick-Step Devo Team wabaye uwa gatatu, mu gihe abakinnyi 49 ba mbere bose bahawe ibihe bimwe.
Iyi ibaye intsinzi ya kabiri y'uyu mukinnyi mu irushanwa ry'uyu mwaka, nyuma yo kwegukana Agace ka Mbere ka Rukomo-Rwamagana ku Cyumweru gishize. Iyi ntsinzi kandi yashimangiye ibyishimo ku Ikipe ya NSN Devo Team, kuko Umudage Moritz Kretschy bakinana yakomeje kwambara umwambaro w'umuhondo w'umukinnyi uyoboye isiganwa.
Kretschy aracyayoboye urutonde rusange n'amasaha 17, iminota 48 (17:48:00), aho arusha Johannes Adamietz wa REMBE | rad-net umukurikiye iminota ibiri n'amasegonda abiri.
Isiganwa ryahagurutse ku Ruganda rwa Bralirwa i Rubavu saa Saba zuzuye, rikorwa n'abakinnyi 72 bahanganye n'imvura yari yaguye mu gitondo.
Nyuma y'ibilometero bitandatu bya mbere hatangira kubarwa ibihe, abakinnyi batangiye gushaka gucika igikundi hakiri kare. Reuben Thompson wa Lotto-Groupe Wanty na Jose Said Cisneros wa Soudal Quick-Step ni bo babimburiye abandi gucika igikundi, ariko ntibyabakundira cyane.
Mu kuzamuka Umusozi wa Sashwara, Miguel Heidemann wa REMBE | rad-net yegukanye amanota y'Umusozi wa Mbere. Nyuma yaho, Umunyarwanda Uwiduhaye Mike wa Benediction Banafrica Team yafashe icyemezo cyo kugenda wenyine, ashyiramo ikinyuranyo cy'amasegonda 30 ku kilometero cya 40. Uku kwitanga kwanamuhiriye kuko yaje kwegukana amanota yonyine ya sprint yatangiwe mu Mujyi wa Musanze mbere y'uko abakinnyi berekeza mu Kinigi.
Uwiduhaye yaje gufatwa n'Umunya-Brésil João Pedro Rossi wa Localiza Meoo nyuma y'ibilometero 44, baza no gusigana Rossi asigara imbere wenyine ashyiramo amasegonda 50 ubwo bageraga i Nyange. Icyakora, Rossi ntiyabashije kwihambira kugeza ku mpera kuko yafashwe n'igikundi kiyobowe na NSN Devo Team bageze i Yaoundé, habura ibilometero bitatu gusa ngo umukino urangire.
Mu kilometero cya nyuma, amakipe yatangiye gushaka imyanya myiza yo kugera ku murongo imbere y'Isoko rya Goiko, ari na bwo Itamar Einhorn yongeye kwerekana ubuhanga bwe muri 'sprint', asiga abandi bose.
Nyuma y'agace ka none, hatanzwe ibihembo bitandukanye. Itamar Einhorn yahembwe nk'uwegukanye Agace ka Gatandatu, Moritz Kretschy agumana umwambaro w'umuhondo.
Miguel Heidemann yongeye guhembwa nk'uwahize abandi mu kuzamuka, Mauro Cuylits ahemberwa sprint, naho Uwiduhaye Mike ahemberwa kuyobora isiganwa igihe kirekire.
Niyonkuru Samuel yagumanye igihembo cy'Umunyarwanda mwiza, Amaniel Desta akomeza kuba Umunyafurika mwiza ndetse n'umukinnyi muto witwaye neza. NSN Development Team ni yo yahawe igihembo cy'ikipe nziza y'umunsi.
Tour du Rwanda 2026 izakomeza kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 28 Gashyantare, hakinwa Agace ka Karindwi, aho abakinnyi bazahaguruka i Musanze saa 11:00 berekeza kuri Kigali Pelé Stadium banyuze i Gicumbi, ku ntera y'ibilometero 147,2.







