APR FC yavuze ku byo gusinyisha Olorunleke Ojo ‎
APR FC yavuze ku byo gusinyisha Olorunleke Ojo ‎

Umuyobozi w’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu (Chairman), Brig Gen Deo Rusanganwa, yamaganiye kure amakuru yari amaze amasaha acicikana avuga ko bagiye gusinyisha umunyezamu ukomoka muri Nigeria, Olorunleke Ojo, kugira ngo asimbure Ishimwe Pierre uheruka guhanwa.

‎Mu kiganiro yagiranye na Radio & TV10, Brig Gen Rusanganwa yavuze ko nta gahunda n’imwe APR FC ifite yo gusinyisha Olorunleke Ojo, ndetse atanga impamvu ikomeye ishingiye ku rwego rwe rw’ubu rudahuye n’urw’ikipe yabo.

‎Yagize ati “Nta gahunda ihari yo kumusinyisha. Ntitwasinyisha umunyezamu wirukanwe n’ikipe ya 18 muri Shampiyona ya Ethiopia, Welwalo Adrigat University FC.”

‎Uku kunyomoza kuje nyuma y’uko mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Gashyantare 2026, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amashusho y’uyu munyezamu asuhuza abakunzi ba APR FC, anabizeza ko ari mu nzira zerekeza i Kigali vuba aha.

‎Aya makuru yari yateje urujijo mu bafana, cyane ko aje mu gihe APR FC iheruka gufatira ibihano uwari umunyezamu wayo wa mbere, Ishimwe Pierre, woherejwe gukorera imyitozo mu ikipe y’abato (Intare FC) kubera umusaruro muke amaze iminsi agaragaza n’amakosa yagiye akora mu mikino iheruka.

‎Olorunleke Ojo wari watangiye kwiyumva nk'umunyezamu mushya wa APR FC, asanzwe afite izina rikomeye iwabo muri Nigeria aho yakiniye amakipe nka Giwa FC, Kano Pillars FC, Akwa United, Sunshine Stars, Abia Warriors na Enyimba FC.

‎Uyu munyezamu kandi yananyuze muri Al Merrikh SC yo muri Sudani, imwe mu makipe ari gukinira Shampiyona yayo mu Rwanda, mbere yo kwerekeza muri Ethiopia aheruka gukina mu mu mezi icyenda ashize. 

Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now