AS Kigali WFC yamanutse mu Cyiciro cya Kabiri nyuma y'imyaka 18 ‎
AS Kigali WFC yamanutse mu Cyiciro cya Kabiri nyuma y'imyaka 18 ‎
‎Ikipe ya AS Kigali WFC yanditse amateka yo kwegukana ibikombe byinshi bya Shampiyona y’Abagore mu Rwanda yamanutse mu Cyiciro cya Kabiri nyuma y’imyaka 18 bitewe n'umusaruro mubi no kutumvikana mu buyobozi bwayo.
‎Ukumanuka kw'iyi kipe iterwa inkunga n'Umujyi wa Kigali kwemejwe ubwo yanganyaga na Inyemera WFC yari yakiriye umukino igitego 1-1 ku munsi wa 21 wa FERWAFA Women’s Super League wabaye ku wa Gatandatu tariki ya 21 Werurwe 2026.
‎Uku kunganya kwatumye AS Kigali WFC iguma ku mwanya wa 11 n'amanota 13, ikaba irushwa amanota ane na Forever WFC iri ku mwanya wa 10 mu gihe habura umukino umwe gusa ngo umwaka w'imikino wa 2025/26 urangire.
‎Kumanuka kw'iyi kipe isanzwe ari ubukombe byaturutse ku bibazo bitandukanye birimo imiyoborere mibi yakuruye ukutumvikana mu bayobozi ndetse n'amikoro aturuka mu Mujyi wa Kigali yabonetse atinze. 
‎Ibi bibazo byakomye mu nkokora umusaruro w'ikipe bituma itakaza abakinnyi benshi ndetse inahinduranya abatoza mu bihe bitandukanye by'uyu mwaka w'imikino.
‎Umwaka w'imikino watangiye AS Kigali WFC itozwa na Mukamusonera Théogènie wasimbuye Bizumuremyi Radjab wari werekeje mu ikipe ya Rutsiro FC ikina mu Cyiciro cya Mbere mu Bagabo, ariko akaza gusimburwa muri Gashyantare.
‎Mukamusonera yasimbuwe n'uwari umwungirije Mubumbyi Adolphe ‘Igor’, ariko na we akazi kamubera kenshi kuko mu mikino itanu yatoje mu kwezi kumwe yakuyemo amanota abiri gusa.
‎Muri uyu mwaka w'imikino, AS Kigali WFC yamanukanye na Nyagatare WFC itarabona inota na rimwe mu mikino 21 imaze gukina nyuma yo gutsindwa na Bugesera WFC ibitego 2-1 kuri uyu wa Gatandatu. 
‎Aya makipe yombi yamaze kumanuka mu Cyiciro cya Kabiri ni yo azacakirana ku munsi wa nyuma usoza Shampiyona y'uyu mwaka.
‎AS Kigali WFC imanutse ifite agahigo ko kwegukana ibikombe bya Shampiyona inshuro 12 mu myaka 18 yari imaze mu Cyiciro cya Mbere. Kuri ubu Shampiyona y'uyu mwaka iyobowe na Rayon Sports WFC ifite amanota 54, aho irusha amanota atatu ikipe ya Police WFC iri ku mwanya wa kabiri.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now