Umukuru w’Igihugu yakurikiranye imbona nkubone uyu mukino wa nyuma wabereye kuri Stade Prince Moulay Abdellah i Rabat, mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 18 Mutarama 2026.
Ni umukino utari woroshye warangiye ‘Les Lions de la Teranga’ (Intare za Téranga) zegukanye intsinzi ku gitego 1-0 cyabonetse mu minota ya nyuma, gituma Sadio Mané na bagenzi be bataha nk’abami ba Ruhago ya Afurika.
Nyuma y’uyu mukino, Perezida Kagame yashimangiye ko Sénégal yatahanye iki gikombe ibikwiriye, ashimira ishyaka n’ubumwe abakinnyi bayo bagaragaje.
Mu butumwa bwe yagize ati “Ndashima ‘Intare za Teranga’ ku bw’intsinzi ya AFCON bari bakwiriye, ni intambwe iteye ishema igaragaza kudacogora, gushyira hamwe n’ubudashyikirwa.”
Perezida Kagame ntiyagarukiye aho, kuko yanashimiye Ikipe y’Igihugu ya Maroc yageze ku mukino wa nyuma, ndetse n’igihugu muri rusange ku bw’imitegurire myiza y’iri rushanwa.
Yagize ati: “Ndashimira kandi Maroc ku musaruro ukomeye muri iri rushanwa ryari riteguye neza, ndetse nkabashimira n’uburyo bakiriye abantu.”
Muri uyu mukino, Perezida Kagame yari kumwe n’abandi banyacyubahiro bakomeye muri Ruhago na Politiki, barimo Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, na Perezida wa CAF, Dr. Patrice Motsepe.
Hari kandi Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Mahmoud Ali Youssouf. Ku ruhande rw’u Rwanda, Umukuru w’Igihugu yari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda muri Maroc, Shakilla Umutoni.
Intsinzi ya Sénégal yabonetse mu minota y’inyongera (Extra time) ku munota wa 94, ibifashijwemo na Pape Gueye wateye ishoti rikomeye ryatunguye Yassine Bounou, biba iherezo ry’inzozi za Maroc zari zimaze imyaka 50 zitegereje igikombe.
Mbere y’uko icyo gitego kiboneka, umukino wari waranzwe n’imvururu zidasanzwe mu minota y’inyongera y’igice cya kabiri (90+). Umusifuzi Jean-Jacques Ndala yatanze penaliti ku munota wa nyuma yifashishije VAR, yemeza ko El Hadji Malick Diouf yakuruye Brahim Diaz.
Iki cyemezo cyarakaje cyane Ikipe ya Sénégal, bituma umutoza n’abakinnyi basohoka mu kibuga iminota 16, ndetse n’abafana bashaka kwinjira mu kibuga.
Umukino umaze gusubukurwa ku munota wa 90+24, Brahim Diaz wari witezweho byinshi yahawe umupira ngo ahe Maroc igikombe, ahitamo gutera ‘Panenka’ (kuroba umunyezamu), ariko Edouard Mendy ntiyirambura, afata umupira mu buryo bworoshye.
Iyi ntsinzi yahaye Sadio Mané amahirwe yo gusezera kuri iri rushanwa yegukanye igikombe cye cya kabiri, mu gihe Maroc yakiriye irushanwa isigaranye agahinda ko gutsindirwa ku mukino wa nyuma mu rugo.
Leave a Comment