Bruno Ferry yanenze abakwiza ibihuha; asaba umutoza w'Amavubi kugarura Kwizera Olivier
Bruno Ferry yanenze abakwiza ibihuha; asaba umutoza w'Amavubi kugarura Kwizera Olivier
Umutoza Mukuru wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yanenze bikomeye abakwiza ibihuha bimwibasira ndetse asaba umutoza w'Ikipe y'Igihugu kwisubiraho ku cyemezo cyo gusiga umunyezamu Kwizera Olivier nyuma y'umukino iyi kipe yanganyijemo 0-0 na Al Merrikh SC.
‎Mu kiganiro n'abanyamakuru cyakurikiye uyu mukino wabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere, uyu mutoza w'Umufaransa yashimagije bikomeye urwego Kwizera Olivier ariho muri iyi minsi. 
Ferry yavuze ko uyu munyezamu yitwaye neza cyane mu izamu ndetse ashimangira ko yarenganyijwe ubwo yimwaga amahirwe mu Mavubi. 
Yagize ati "Ndatekereza ko iyo umutoza w'Ikipe y'Igihugu aba ari muri sitade yari guhindura urutonde rwe kuko Olivier yitwaye neza cyane uyu munsi. Ni umuhungu umeze neza muri iki gihe, ufungutse kandi yishimiye ibyo akora."
‎Agaruka ku ishusho rusange y'umukino, Bruno Ferry yagaragaje ko yanyuzwe n'imikinire y'abasore be by'umwihariko ishyaka bagaragaje imbere y'ikipe ikomeye, ariko yerekana ko ababajwe no kubura intsinzi yari ikenewe. 
Yavuze ko ikibazo gikomeye Rayon Sports ifite muri iyi minsi ari ukubura ubukana imbere y'izamu, aho barema uburyo bwinshi ariko ntibabubyaze umusaruro, nubwo ari ikintu bakomeje gukoraho imyitozo umunsi ku wundi.
‎Uyu mutoza yashimye kandi uburyo abakinnyi bose bakoze akazi ko kugarira by'umwihariko abakina mu mutima w'ubwugarizi, barimo Youssou Diagne na Ramazani Tshimanga basimbuye Emery wavunitse bafatanyije gukumira ba rutahizamu bakomeye ba Al Merrikh.
‎Mu magambo akomeye kandi, uyu mutoza yafashe umwanya wo kunenga abakwiza amakuru y'ibihuha, yemeza ko ari ibinyoma bigamije guharabika isura ye ndetse asaba itangazamakuru gukora kinyamwuga. 
Yagize ati "Hari ibintu biri gukwirakwizwa bitari byiza bibangamira ubunyangamugayo bwanjye. Ni ibinyoma kuko akazi kanyu ni ugutanga amakuru atari ugukwiza ibinyoma. Ndireba mu ndorerwamo buri munsi nkumva ntafite ipfunwe kuko nkora akazi kanjye kinyamwuga, n'ubwo bazi ko kugeza ubu ikipe itari gutsinda."
‎Rayon Sports ikomeje urugendo rwayo yitegura umukino ukomeye izahuramo na Police FC ku wa Kane w'iki Cyumweru, aho umutoza Bruno Ferry yemeje ko intego ari ugutsinda kugira ngo bakomeze mu cyiciro gikurikira kuko ari imwe mu ntego zikomeye ubuyobozi bw'ikipe bwihaye muri uyu mwaka w'imikino. 

Umukino ubanza wa 1/4 cy'Igikombe cy'Amahoro warangiye amakipe yombi anganyije 0-0.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now