Myugariro mpuzamahanga w’Umunyarwanda ukinira APR FC, Niyigena Clément, ari mu nzira zisohoka muri iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yerekeza muri Al-Hilal Sports Club yo muri Sudani, inkuru imaze gufata indi ntera nyuma y’uko ubuyobozi bwa APR FC bwemeje ko bwakiriye ubusabe bw’iyi kipe.
Amakuru yo kugenda kwa Niyigena amaze iminsi avugwa, ariko yafashe intera mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 29 Mutarama 2026, ubwo Umunyamakuru wo muri Ghana ukurikiranira hafi isoko ry’igura n’igurisha muri Afurika, Micky Jnr, yatangazaga ko uyu musore yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka itatu muri Al-Hilal.
Aya makuru yaje ashimangira ibyari byavuzwe na Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa, wemeje ko iyi kipe ibarizwa mu Rwanda muri iki gihe, yanditse isaba kugura uyu myugariro w’imyaka 25.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yavuze ko nubwo impande zombi zitarumvikana burundu, ibiganiro bihari kandi ubusabe bw’iyo kipe bwakiriwe ku wa Gatatu.
Ibi byashimangiwe n’uko nyuma y’umukino wa ½ cy’Igikombe cy’Intwari APR FC yatsinzemo AS Kigali, Chairman yagaragaye amanuka mu kibuga, agirana ibiganiro byihariye byamaze umunota urenga na Niyigena Clément, ibintu byafashwe nko kumumenyesha iby’ubu busabe cyangwa kumusezeraho.
Urugendo rwa Niyigena mu mupira w’amaguru rwabaye urw’iterambere ryihuse, aho yazamukiye mu Ishuri rya Ruhago rya Intare FC hagati ya 2017 na 2018, mbere yo kwerekeza muri Marines FC, ari na ho izina rye ryatangiye kumenyekana cyane nk’umwe mu ba myugariro beza bakiri bato.
Nyuma y’imyaka ibiri yigaragaza i Rubavu, mu 2020 yateye intambwe ikomeye yerekeza muri Rayon Sports yakiniye imyaka ibiri, maze mu 2022 yerekeza muri APR FC yari amazemo imyaka ine ayibereye inkingi ya mwamba, akaba n’umukinnyi uhoraho mu bahamagarwa mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ndetse n’iy’Abatarengeje imyaka 23.
Al-Hilal SC ishaka uyu mukinnyi, isanzwe ikina imikino y’amatsinda ya CAF Champions League, ikaba iri gukorera mu Rwanda, aho inakina Shampiyona yaho (Rwanda Premier League) nk’umutumirwa kubera ikibazo cy’umutekano muke uri muri Sudani.
Kuba iri gukinira mu Rwanda byayihaye amahirwe yo kwitegereza Niyigena Clément imbonankubone, ibona ari we ushobora kuyifasha mu bwugarizi bwayo bw’ahazaza, dore ko yari asigaje amezi atandatu gusa ku masezerano ye muri APR FC.
Biramutse bigenze nk’uko byitezwe, Niyigena yaba abaye undi Munyarwanda ugiye gukina hanze y’u Rwanda mu ikipe ikomeye.
Leave a Comment