Rutahizamu Raheem Sterling yamaze gutandukana n’ikipe ya Chelsea ku mugaragaro, nyuma y’uko impande zombi zumvikanye gusesa amasezerano, bishyira iherezo ku bihe bibi uyu mukinnyi yari amazemo iminsi i Londres.
Uyu Mwongereza w’imyaka 31 yari amaze igihe kinini yarashyizwe ku ruhande mu ikipe ya mbere, aho yitozaga ukwe ndetse ntiyagaragara ku rutonde rw’abakinnyi ba Chelsea muri uyu mwaka w’imikino.
Umukino wa nyuma w’amarushanwa yakiniye iyi kipe wabaye muri Gicurasi 2024.
Sterling yari asigaje amezi 18 ku masezerano ye, akaba ari na we mukinnyi wahembwaga amafaranga menshi muri Chelsea, aho yabarirwaga arenga ibihumbi 300 by’Amapawundi (£300,000) ku cyumweru.
Mu itangazo ryasohowe na Chelsea kuri uyu wa Gatatu, yagize iti “Raheem Sterling uyu munsi yavuye muri Chelsea Football Club ku bwumvikane. Bishyize iherezo ku myaka itatu n’igice yari amaze ari umukinnyi wacu, kuva yasinya mu mpeshyi ya 2022 avuye muri Manchester City.”
Iri tangazo ryakomeje rigira riti “Turashimira Raheem ku musanzu we mu gihe yari umukinnyi wa Chelsea kandi tumwifurije ibyiza mu cyiciro gikurikiraho cy’urugendo rwe.”
Abicishije ku rukuta rwe rwa Instagram, Sterling yahise agira icyo avuga mu magambo make ati “Amaso yose ari ku bihe biri imbere, Imana ni nkuru.”
Raheem Sterling ntiyashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi 28 ba Chelsea bakinnye Igikombe cy’Isi cy’Amakipe (Club World Cup) mu ntangiriro za Kamena umwaka ushize, ndetse ntiyagaragaye ku rutonde rwa Premier League cyangwa Champions League mu mwaka w’imikino wa 2025-26.
Umukino aheruka kugaragaramo ni uwo muri Gicurasi 25, ubwo yari mu ntizanyo muri Arsenal, ku mukino wa nyuma wa shampiyona ya 2024-25 batsinzemo Southampton ibitego 2-1.
Uyu mukinnyi wahoze akinira u Bwongereza, yageze muri Chelsea mu 2022 aguzwe miliyoni 47.5 z’Amapawundi ($65.5m) avuye muri Manchester City.
Ibibazo bye byatangiye ubwo yashyirwaga ku ruhande n’umutoza Enzo Maresca wari ufashe ikipe asimbuye Mauricio Pochettino mu mpeshyi ya 2024.
Kuri ubu Chelsea itozwa na Liam Rosenior wasimbuye Maresca muri Mutarama.
Sterling yamaze umwaka w’imikino wa 2024-25 mu ntizanyo muri Arsenal, ariko ntiyabasha kwigaragaza nk’uko byari byitezwe. Yatsinze igitego kimwe gusa mu mukino wa Carabao Cup batsinzemo Bolton Wanderers, abanza mu kibuga inshuro zirindwi gusa muri Premier League.
Mu gihe yamaze muri Chelsea, Sterling yakinnye imikino 81 mu marushanwa yose, atsinda ibitego 19.
Mu Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, amaze gukina imikino 82, uwa nyuma akaba yarawukinnye nk’umusimbura mu mikino ya ¼ y’Igikombe cy’Isi cya 2022 ubwo basezererwaga n’u Bufaransa muri Qatar.
Amakuru avuga ko Sterling yari amaze igihe yifuza kuva muri Chelsea burundu aho kongera gutizwa, ndetse akaba yarananze kujya mu makipe nka Bayern Munich ku ntizanyo mu mpeshyi ishize.
Uyu mugabo kandi afite ibikombe 10 bikomeye yatwaye muri Manchester City ndetse n’ubunararibonye bw’imikino 129 yakiniye Liverpool.
Leave a Comment