Rayon Sports yasinyishije umukinnyi w'ikipe y'igihugu
Rayon Sports yasinyishije umukinnyi w'ikipe y'igihugu
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza ku mugaragaro ko yasinyishije myugariro ukina ku ruhande rw’iburyo, Uwumukiza Obed, wari umaze umwaka n’igice akinira Mukura VS yo mu Karere ka Huye.
‎Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 28 Mutarama 2026, ni bwo iyi kipe yambara ubururu n’umweru yerekanye uyu musore nk’umukinnyi wayo mushya uzayikinira imyaka ibiri iri imbere.
‎Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Rayon Sports yagaragaje ko yishimiye kwakira umwana w’i Nyanza, igira iti "Yahisemo kugaruka mu rugo. Uwumukiza Obed uvuka i Nyanza ni umukinnyi wa Rayon Sports ku mugaragaro. Duhuje amateka n’aho tuvuka."
‎Isinyishwa rya Uwumukiza Obed rije nk’igisubizo cyihuse ku cyuho cyasizwe na Serumogo Ali wari Kapiteni wa Rayon Sports. Serumogo aherutse kwerekeza mu gihugu cya Sudani mu Ikipe ya Al Merreikh Bentiu muri uku kwezi, bituma Gikundiro isigarana icyuho ku ruhande rw’inyuma iburyo.
‎Kugira ngo Rayon Sports yegukane uyu mukinnyi, byasabye ko ibanza kumvikana na Mukura VS yari agifitiye amasezerano y’umwaka umwe. 
Amakuru avuga ko impande zombi zumvikanye ko uyu mukinnyi atangwaho miliyoni 16 Frw, aho bivugwa ko Mukura VS yahawe miliyoni 6 Frw kugira ngo imurekure.
‎Uwumukiza Obed, wageze muri Mukura VS mu mpeshyi ya 2024 avuye muri Muhazi United, abaye umukinnyi wa munani mushya Rayon Sportsiguze muri uku kwezi kwa Mutarama.
‎Aje yiyongera ku bandi bakinnyi bakomeye barimo Mugisha Didier watiwe muri Police FC, Kwizera Olivier, Yannick Bangala, Ramazani Tshimanga Tshilembi, Likau Faustin Kitoko, Ben Aziz Dao na Bienvenu Joachim Vigninou.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now